Umukinnyi wa filime Umutoniwase Nadia ufite ikamba muri Miss Globe arashaka irya Miss Rwanda 2022

Imyidagaduro - 12/02/2022 6:14 PM
Share:

Umwanditsi:

Umukinnyi wa filime Umutoniwase Nadia ufite ikamba muri Miss Globe arashaka irya Miss Rwanda 2022

Umutoniwase Nadia uzwi muri filime ‘Umuturanyi’ ni umwe mu bakobwa bashaka guserukira Umujyi wa Kigali mu irushanwa rya Miss Rwanda 2022.

Uyu mukobwa yitabiriye ijonjora rya Miss Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Gashyantare 2022 ryabereye kuri Hill Top Hotel i Remera.

Ari mu bakobwa 117 banyuze imbere y’Akanama Nkemurampaka. Uyu mukobwa yavuze ko umushinga we ari ugufasha abakobwa barangije amashuri kwihangira imirimo, kubaha inkunga yifashishije ibigo bitandukanye birimo Banki ya Kigali.

Abagize akanama nkemurampaka bamubwiye ko batari kumva neza ikibazo aje gukemura muri sosiyete, bituma bose bamuha ‘No’ eshatu.

Uyu mukobwa asanzwe afite ikamba rya Miss Global Beauty Rwanda Popularity yegukanye mu irushanwa rya Miss Global Beauty Rwanda ryasojwe ku wa 24 Kamena 2021.

Nadia w’imyaka 20 abarizwa Kacyiru mu Mujyi wa Kigali. Niwe mukobwa Mukuru mu bana babiri. Amashuri abanza yize kuri Saint Joseph, igihimba rusange yize mu karere ka Muhanga asoreze kuri Saint Joseph muri Kigali.

Nadia avuga ko yakuze akunda filime, ariko ko atiyumvagamo kuzakina. Mu mabyiruka ye, yakunze cyane ibijyanye na Computer ku buryo yumvaga azaba ‘Hacker’ ndetse akaba n’umuntu uzwi mu myidagaduro.

Yagiye yitabira amarushanwa ajyanye no kubyina mu bigo by’amashuri, ndetse rimwe na rimwe bagatwara ibikombe. Avuga ko kubyina abikomora kuri Se ubyina mu Itorero ry’imbyino rya Rugamba Sipiriyani.

Nadia yakoze itangazamakuru ryo kuri Youtube, ari naho Makanika yamuboneye amusaba ko yamwifashisha muri filime ye y’urwenya yise ‘Makanika Comedy’.

Umwaka urashize Nadia atangiye urugendo rwo gukina filime. Avuga ko nyuma yo gukina muri filime ya Makanika, yatangiye no kurambagizwa mu zindi filime zirimo ‘Natacha’ ndetse na ‘Umuturanyi’ ya Clapton yamuhaye izina muri iki gihe.

Yavuze ko ibikorwa n’amahirwe ari byo byamufashije gukina muri filime ‘Umuturanyi’. Ko iyi filime yamutinyuye, imwereka ko inzozi ze yazigeraho.

Aherutse kubwira INYARWANDA Ati “Ni byinshi! Ni ukuvuga ngo ikintu cya mbere navuga, yanyeretse ko ibintu byose bishoboka. Yanyeretse ko inzozi nshaka kuzageraho, nyine numva ko nakomeza nkazamuka nkagera kure no ku rwego mpuzamahanga. Yanyeretse ko ibintu byose bishoboka."

“Yampuje n’abantu. Ikindi yagiye igenda inyubaka...Kuko Clapton ni Director mwiza agerageza ku kwinjiza muri filime ukumva ko nyine uri umukinnyi. rumva ko ni ibintu byinshi yangejejeho." Umutoniwase Nadia uzwi muri filime ‘Umuturanyi’ yagerageje amahirwe ye muri Miss Rwanda 2022 

Umutoniwase yavugaga ko afite ikibazo mu ijwi, bituma asabwa kwegera akanama nkemurampaka kugira ngo bumve neza

KANDA HANO UREBE AGACE KA FILIME ‘UMUTURANYI’ UMUTONIWASE AGARAGARAMO

">


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...