Umujyi wa Kigali waje imbere muri gatanya 2.629 zatanzwe mu Rwanda mu 2025

Imyidagaduro - 17/04/2026 9:27 AM
Share:

Umwanditsi:

Umujyi wa Kigali waje imbere muri gatanya 2.629 zatanzwe mu Rwanda mu 2025

Raporo nshya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, izwi nka Rwanda Vital Statistics Report 2025, igaragaza ko umubare wa gatanya mu Rwanda ukomeje kugaragaza impinduka, aho Umujyi wa Kigali uza ku isonga mu kugira izanditswe nyinshi.

Muri rusange, mu mwaka wa 2025 handitswe gatanya 4.479 mu irangamimerere. Muri zo, 2.629 zingana na 58.7% ni zo zemejwe n’inkiko muri uwo mwaka, mu gihe izindi zemejwe mu myaka yabanje, zirimo 1.068 zatanzwe mu 2024 ndetse na 782 zatanzwe mu 2023 cyangwa mbere yayo.

Imibare igaragaza ko hari n’ingo 1.850 zanditswe muri sisiteme mu 2025, nyamara zaratandukanye mbere y’uwo mwaka, bikagaragaza ko hari ubukererwe mu kwandikisha gatanya.

Kigali ku isonga, Amajyaruguru aza inyuma

Mu bijyanye n’aho gatanya ziboneka cyane, Umujyi wa Kigali ni wo uza imbere aho handitswe gatanya 1.199. Ukurikirwa n’Intara y’Iburasirazuba ifite 1.011, mu gihe Intara y’Amajyepfo ifite 976, iy’Iburengerazuba ikagira 669, naho Intara y’Amajyaruguru ikaza ku mwanya wa nyuma n’ingo 592 zatandukanye.

Ibi byerekana ko imijyi minini, by’umwihariko Kigali, igira uruhare runini mu mibare ya gatanya, bishobora kuba bifitanye isano n’imibereho, akazi n’imihindagurikire y’imitekerereze y’abayituye.

Abenshi batandukana bataramarana imyaka 10

Ikigaragara cyane muri iyi raporo ni uko igice kinini cy’abatandukana kiba kitaramara igihe kinini mu rushako. Abagera kuri 41.2% by’ingo zatandukanye bari bataramaranye imyaka 10 bashyingiranwe.

By’umwihariko, abamaze hagati y’imyaka 5 na 9 ni bo benshi, bagera kuri 693. Hakurikiraho abamaze imyaka ine cyangwa munsi yayo bagera kuri 545.

Abamaze hagati y’imyaka 10 na 14 ni 530, mu gihe abamaze hagati ya 15 na 19 ari 445. Naho abamaze igihe kirenze imyaka 45 bashyingiranwe batandukanye ni bake cyane, bagera kuri 18 gusa.

Ibi bigaragaza ko mu myaka ya mbere y’urushako ari ho hagaragara ibibazo byinshi bishobora gutuma abashakanye batandukana.

Abenshi bakomeza kuba mu ntara imwe

Isesengura ry’iyi mibare rigaragaza ko mu miryango 4.479 yahanye gatanya, abantu 3.936 bakomeje kuba mu ntara imwe nyuma yo gutandukana, mu gihe 543 ari bo bahisemo gutandukana buri wese akajya kuba mu yindi ntara.

Impamvu zituma batandukana

Itegeko rigenga abantu n’umuryango mu Rwanda riteganya ko ubutane bushobora gusabwa hashingiwe ku mpamvu zitandukanye zirimo ubusambanyi, guhamwa n’icyaha gisebeje, kutuzuza inshingano zo gutunga urugo, ihohoterwa rishingiye ku mubiri cyangwa ku mitekerereze, ndetse n’imyitwarire ibangamira bikomeye umwe mu bashakanye cyangwa abana.

Hari kandi n’igihe abashyingiranywe bashobora gutandukana igihe ubuzima bwo kubana butagishoboka kubera indi mpamvu itakwihanganirwa.

Imibare y’abashyingiranwe yaragabanyutse

Iyo raporo igaragaza ko n’ubushyingiranwe bwagabanutseho gato, aho mu 2024 handitswe ingo 52.878, mu gihe mu 2025 handitswe 50.256.

Mu byiciro by’imyaka, abagabo bashyingirwa cyane bari hagati y’imyaka 25 na 29, mu gihe abagore bo ari hagati y’imyaka 21 na 24.

Iyi mibare igaragaza ishusho y’imibereho y’ingo mu Rwanda, aho gatanya zikomeje kugaragara cyane cyane mu bashakanye bamaze igihe gito.

Kuba Umujyi wa Kigali uza imbere bishobora gusobanurwa n’imihindagurikire y’ubuzima bwo mu mijyi, aho ibibazo by’ubukungu, akazi n’imibanire bigenda bihinduka cyane.

Ni imibare ishobora gutuma inzego zitandukanye zirushaho kwita ku burezi bw’umuryango no gukangurira abashakanye gukemura ibibazo hakiri kare, mu rwego rwo kubaka ingo zirambye.

Soma iyi Raporo mu buryo burambuye unyuze hano:


Imyaka 10 ya mbere y’urushako igaragara nk’igihe gikomeye: gatanya nyinshi zibera muri icyo cyiciro




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...