Uyu mugabo wari ufite
imyaka 53 y’amavuko, wari umaze igihe agaragara nk’umuntu ufite ijambo rikomeye
muri politiki ya Libya, urupfu rwe rwemejwe ku wa Kabiri n’umuyobozi w’itsinda
rye rya politiki, abinyujije mu kigo cy’igihugu cy'Itangazamakuru muri Libya
(Libyan News Agency).
Umwunganizi we mu
mategeko yabwiye ikinyamakuru AFP ko Saif al-Islam yishwe arashwe n’itsinda
ry’abantu bane ryagabye igitero cy’iterabwoba mu rugo rwe ruherereye mu mujyi
wa Zintan. Gusa kugeza ubu, ntiharamenyekana uwaba ari inyuma y’iri sanganya.
Hari andi makuru
atandukanye yatanzwe n’umuvandimwe we w’umugore, wavuze kuri televiziyo ya
Libya ko Saif al-Islam yaba yaguye hafi y’umupaka wa Libya na Algeria, ibintu
byakomeje gutera urujijo ku makuru nyakuri ajyanye n’aho yiciwe.
Saif al-Islam Gaddafi
yari amaze igihe afatwa nk’umuntu wa kabiri ukomeye muri Libya nyuma ya se,
Muammar Gaddafi, wayoboye iki gihugu kuva mu 1969 kugeza mu 2011, ubwo
yahirikwaga ku butegetsi akanicwa mu myigaragambyo y’abaturage.
Uyu mugabo wavukiye mu
1972, yagize uruhare rukomeye mu kuganisha Libya mu mubano mwiza n’ibihugu
by’iburengerazuba guhera mu 2000, mbere y’uko ubutegetsi bwa Gaddafi busenyuka.
Yagize uruhare mu
biganiro byatumye Libya ireka gahunda yo gutunganya intwaro kirimbuzi,
biganisha ku gukurwaho kw’ibihano mpuzamahanga byari byarafatiwe iki gihugu.
Nyuma y’ihanurwa rya
se, Saif al-Islam yafunzwe imyaka hafi itandatu n’imitwe yitwaje intwaro yari
ifite ububasha mu mujyi wa Zintan. Yashinjwaga kugira uruhare mu gukandamiza
imyigaragambyo yamaganaga ubutegetsi bwa se mu 2011.
Urukiko Mpuzamahanga
Mpanabyaha (ICC) rwifuzaga kumuburanisha ku byaha byibasiye inyokomuntu, mu
gihe mu 2015 urukiko rwo muri Tripoli rwamukatiye igihano cy’urupfu adahari.
Icyakora, yaje kurekurwa mu 2017 hashingiwe ku itegeko ry’imbabazi ryatanzwe
n’ubuyobozi bwo mu burasirazuba bwa Libya.
Kuva Muammar Gaddafi
yahirikwaga ku butegetsi, Libya yakomeje kubamo umutekano mucye, igabanyijemo
uduce tugenzurwa n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro, ndetse igizwe
n’ubutegetsi bubiri buhanganye.
Nubwo Saif al-Islam
yahakanye kenshi ko atigeze yifuza kuzungura se ku butegetsi, avuga ko “ubutegetsi
atari umurima w’uwabutangije”, mu 2021 yatangaje ko ashaka kwiyamamariza
kuyobora Libya mu matora yaje gusubikwa bidasubirwaho.
Urupfu rwe rukomeje
gutera impaka n’impungenge ku hazaza h’umutekano, ni mu igihugu kimaze imyaka
irenga icumi mu bibazo bikomeye by’umutekano n’ubutegetsi.

Saif al-Islam Gaddafi,
umuhungu wa Muammar Gaddafi wayoboye Libya imyaka irenga 40, yishwe arashwe
