Umuhanzikazi Nessa yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘New World’ ikubiyemo ubuhanuzi bw’isi nshya- VIDEO

Imyidagaduro - 19/07/2022 12:55 PM
Share:
Umuhanzikazi Nessa yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘New World’ ikubiyemo ubuhanuzi bw’isi nshya- VIDEO

Umwe mu bahanzikazi Nyarwanda bari gukorana imbaraga, Nessa yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya yise ‘New World’ yanditse mu bihe bya “Guma mu rugo ", avuga ko ikubiyemo ubuhanuzi bukomeye bw’isi nshya yifuza aha agaragaza akababaro abatuye isi barimo.

New World ni indirimbo yanditswe mu gihe icyorezo cya Covid-19 cyari cyugarije isi, gusa uyu muhanzikazi Nessa ntiyahita ayisohora kuko yatekerezaga ko aratera abatuye isi ubwoba nk’uko yabitangarije InyaRwanda.com. Nessa yahamije ko hari abantu babayeho nabi ku buryo bashobora no kwiyambura ubuzima bwabo. 

Mu magambo ye yagize ati:

Iyi ndirimbo nayanditse mu bihe bibi, aho icyorezo cyari cyarahejeje abantu benshi mu ngo zabo ntawe ujya hanze. Icyo gihe nibwo nafashe ikaramu ndandika, nandika ngambiriye kwerekana ko ubuzima abantu babayemo bushobora guhinduka ariko nkerekeza ku isi nshya narebaga imbere yanjye. Nyuma yo kubona ko rero abantu bose bahindutse ndetse bamwe bakampinduka, natereje gutanga ubu butumwa kandi nzi neza ko bwatambutse n’abantu bazakomeza kubwumva ".

Umuhanzikazi NESSA

Mu nyikirizo y’iyi ndirimbo, Nessa agira ati "Uraseka abandi bari kurira. Imboni yanjye inyereka ko iyi si iri gusaduka, imfura yabaye indiri y’ibimanuka izuba (…… ) inyenyeri iramanuka ". Muri iyi ndirimbo ya Nessa yumvikanamo amarira n’amagambo agaragaza ko hariho abantu baba barira babangamiwe n’isi, gusa Nessa agatanga impu avuga ko bizaba byiza.

REBA HANO INDIRIMBO NEW WORLD YA NESSA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...