Uwineza Clarisse [Mutimawurugo
Claire], yamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo ‘Umunyenga w’itsinzi’, ‘Amaraso y’Inkotanyi’,
‘Abagore turashoboye’ zibanda ku burere mboneragihugu no kubanisha neza abanyarwanda.
Uyu muhanzikazi yari
asanzwe ari mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi, aho yari amaze imyaka itanu ari Visi-Perezida
w’Inama Njyanama yo muri Kimisigara. Yari no mu nzego z’abagore, akabihuza no
kuba umubitsi w’abahanzi mu Rwanda.
Mu kiganiro na INYARWANDA,
Mutimawurugo yavuze ko ari ibyishimo bikomeye kuri we kuba abaturage b’Akagari
ka Akabeza baramugiriye icyizere, cyo gufatanya nabo mu rugendo rw’iterambere
ruhanzwe amaso.
Avuga ko ibi bigaragaza
ko abahanzi nabo bashoboye; hejuru y’umuziki bakora n’indi mirimo bagafatanya n’abandi
kubaka u Rwanda.
Uyu muhanzikazi yavuze ko
izi nshingano yahawe zitazabangamira ubuhanzi bwe, kuko yateguye neza uko buri
kimwe kizajya gikorwa.
Ati “Ndabikora kandi
neza. Nko muri ‘weekend’ ushobora kujya mu byawe byo ku ruhande. N’ibiraka
bisanzwe ndabikora, nk’ubu mfite icya [ikiraka] Polisi nzajyamo ejo bundi...Ubwo rero urumva byose ni ukubikora, kandi ukubaka igihugu."
Ati: “Abahanzi barashoboye,
kandi barasobanutse. Tunashimira Leta ikomeje gutekereza ku bahanzi."
Uyu muhanzikazi yavuze
ko mu gihe cy’amezi atatu amaze ayobora Akagari, abaturage banyuzwe na
serivisi abaha, uburyo akemura ibibazo n’ibindi.
Yavuze ko icya mbere
ari ugutega amatwi umuturage, ukamuganiriza, ukamufasha kubona ubutabera, cyane
ko ‘iyo uzi ishusho n’icyerecyezo cy’igihugu biba byoroshye’.
Claire yavuze ko muri
iki gihe cya Covid-19, mu kagari ayoboye bakomeje ubukangurambaga bwo kwirinda
iki cyorezo, ari nako bakangurira abaturage gutanga ubwisungane mu kwivuza
(Mituelle de Sante).
Avuga ko
ubukangurambaga bakoze mu minsi ishize bwasize benshi batanze mitiweli, bituma
bava ku mwanya wa 28 bagera ku mwanya wa 18.
Claire yatangiye
ubuhanzi bwe mu 2014 nyuma yo kuva mu Itorero ry’Igihugu. Indirimbo ze za mbere
yahereho zirimo nka ‘Kagame ndakwemera’, ’Turakaguhorana’ n’izindi.
Iteka rya Perezida no
170/01 ryo ku wa 23 Ukuboza 2014 rigena inshingano z’Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w’Akagari, rigaragaza ko afite inshingano zikurikira:
Gukora imirimo ya buri
munsi y'ubuyobozi bw "Akagari; gukurikirana imikorere ya Komite ishinzwe umuganda
ku rwego rw’Akagari no gukurikirana imirimo ya Komite z "ubutaka.
Hari gukora imirimo y’irangamimerere no gutanga izindi serivisi ziteganywa n "amategeko, zidatangirwa ku Murenge.
Gukusanya imibare fatizo y’ubuzima rusange bw'Akagari no kuyigeza ku Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, no gutegura raporo zose zisabwa ubuyobozi bw’Akagari.
Kubika inyandiko zose z’Akagari,
kuba umwanditsi w’inama ya Komite Ngishwanama mu iterambere ry'Akagari, no gucunga
umutungo w "Akagari.
Iri tegeko rinagaragaza
ko ‘Gitifu’ w’Akagari agomba gutanga icyemezo cyemeza ko umuntu yapfuye, iyo
atapfiriye kwa muganga, mbere yo kumushyingura, afatanyije n "Umukuru w’Umudugudu
uwo muntu yapfiriyemo.
Hari kandi gutanga
icyemezo cyo gushyingura iyo nta cyemezo cyashoboye gutangwa na muganga
ubifitiye ububasha.
Agomba gushyira mu
bikorwa no gukurikirana ishyirwa mu bikorwa rya za gahunda zemejwe n’inzego
zisumbuye zibifitiye ububasha, n’izindi zemejwe n’Inama Njyanama y "Akagari no gukora
ibindi yasabwa n’inzego zibifitiye ububasha.
Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w'Akagari asimburwa iyo adahari n'umukozi ugenwa n'Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w'Umurenge.

Umuhanzikazi Mutimawurugo Claire, ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Akabeza

Mutimawurugo yashimye
abaturage bamugiriye icyizere, avuga ko aharanira gufatanya nabo mu rugendo rw’iterambere
KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘ABAGORE TURASHOBOYE’ YA MUTIMAWURUGO CLAIRE
