Umuhanzi Baba Levo ukorana na Diamond yinjiye muri Politiki

Imyidagaduro - 11/09/2025 1:48 PM
Share:

Umwanditsi:

Umuhanzi Baba Levo ukorana na Diamond yinjiye muri Politiki

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru, Baba Levo usanzwe ari umwe mu bakorana na Diamond Platnumz binyuze muri sosiyete y’umuziki ya ‘Wasafi Records’, yahisemo kwinjira mu bikorwa bya politiki aho ari kwiyamamariza kuba Umudepite uhagarariye agace ka 'Kigoma Urban'.

Uyu mugabo wamamaye cyane mu ndirimbo no mu bikorwa by’imyidagaduro, yahisemo guhatana akoresheje itike y’ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania, Chama Cha Mapinduzi (CCM).

Mu gutangiza ibikorwa bye byo kwiyamamaza, Baba Levo yashyigikiwe n’ibyamamare bikomeye mu muziki wa Tanzania birimo Zuchu na D Voice, bituma igikorwa cye cyo kwiyamamaza gisa n’igihindutse igitaramo cy’imbaga.

Nyuma yo kugeza ubutumwa ku baturage, Baba Levo yahaye abaturage ijambo babona amahirwe yo kumubaza ibibazo.

Umwe mu baturage yamubajije ikibazo cyatumye havuka impaka, cyari gishingiye ku bijyanye n’ubumenyi bwe mu Cyongereza.

Uwo muturage yagize ati “Iyo ugeze mu Nteko, abarimo batora amategeko kenshi aba ari mu Cyongereza, wowe ko utazi urwo rurimi, uzabigenza gute?”

Ibi byashimishije abaturage bari aho, maze bamwe batangira kumuseka no kumwishyira hejuru.

Baba Levo ntiyishimiye uko yabajijwe, maze asubiza mu buryo butaziguye agira ati “Urabizi ko ntacyo nzi? Njyewe nagenze mu bihugu icyenda njyenyine. Nari kugenda nte nsa n’ufite ubumuga bwo kutavuga? Nzi Icyongereza mu kucyumva no mu kugisoma.”

Yakomeje ashimangira ko nagera mu Nteko Ishinga Amategeko bazamwumva avuga Icyongereza, ariko yongeye yibutsa abaturage ati “Ariko se si Igiswahili dukoresha mu Nteko?”

Nyuma yo gusubiza icyo kibazo cyari gitangiye kumutera ubwoba, yahise asaba ko abaturage bamubaza ibindi bibazo bifite akamaro kurusha ibyo by’icyongereza.

Ni bwo abaturage bagarutse ku bibazo by’ingenzi bibugarije, birimo ibura ry’amazi meza n’imihanda mibi mu karere ka Kigoma.

Ibi bisubizo bya Baba Levo byahise bitangira gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, aho benshi bagiye batanga ibitekerezo bitandukanye.

Bamwe bavuga ko kuba umudepite bidaasaba kuba uzi ururimi rw’amahanga, cyane ko mu Nteko hakoreshwa Igiswahili, abandi bakavuga ko kuba adafite ubushobozi buhagije mu Cyongereza bishobora kumugora mu ruhando mpuzamahanga.

Baba Levo, wamamaye nk’umwe mu bahanzi b’inkoramutima ba Diamond Platnumz, kuri ubu aragerageza guhindura isura ye akinjira mu buzima bushya bwa politiki, aho ashyize imbere ibibazo by’abaturage no gushaka kubahagararira mu Nteko.

Baba Levo yatangiye urugendo rwa Politiki nyuma y’igihe kinini mu muziki 

Baba Levo yinjiriye muri Politiki ku itike y’ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) 

Baba Levo yasubije abaturage bashidikanyije ku bumenyi bwe mu Cyongereza 

Baba Levo akorana bya hafi na Diamond Platnumz muri ‘Label’ ya Wasafi

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO 'AMEN' YA DIAMOND NA BABA LEVO


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...