Umugore wareze Jay-Z kumufata ku ngufu yasabye ko icyo kirego gisibwa

Imyidagaduro - 23/04/2025 6:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Umugore wareze Jay-Z kumufata ku ngufu yasabye ko icyo kirego gisibwa

Umugore wareze Shawn “Jay-Z” Carter ko yamufashe ku ngufu mu 2000, yasabye urukiko gutesha agaciro ikirego cy’uyu muhanzi wamureze kumusebya no kumugambanira.

Uyu mugore, wagaragaye mu nyandiko z’urukiko yitwa Jane Doe. Yari yatanze ikirego mu Ukuboza 2024 ashinja Jay-Z na Sean “Diddy” Combs ko bamufashe ku ngufu mu birori byabaye nyuma ya MTV Video Music Awards ubwo yari afite imyaka 13.

Nubwo muri Gashyantare abamwunganira mu mategeko basezeye ku kirego ku bushake bwabo, Jay-Z yahise atanga ikirego cye muri Werurwe, arega Doe n’abamwunganira ari bo Tony Buzbee na David Fortney kubera “gukoresha nabi inkiko”, “ubugambanyi” ndetse no “kugambirira kumwangiza izina”. Uretse ibyo, yanatanze ikindi kirego cyihariye arega Doe kumusebya no kumubeshyera abigambiriye.

Mu nyandiko yasohowe ku wa Kabiri, tariki 22 Mata, Jane Doe yasabye urukiko ko ikirego Jay-Z yamureze cyateshwa agaciro, avuga ko “nta shingiro gifite rishingiye ku mategeko ryatuma acirwaho urubanza.”

Abamwunganira bagaragaje ko ikirego cya Jay-Z gishingiye ku birego byo kugambirira gukoresha inkiko nabi kidafite ishingiro, kuko “nta bimenyetso agaragaza bigaragaza ko urubanza rwatangijwe hagamijwe gukoresha inkiko nabi.”

Bavuga kandi ko nta bimenyetso Jay-Z yatangaje byafasha urukiko kwemera ko Doe yamukoreye ihohotera rishingiye ku ikoreshwa nabi ry’inzira z’amategeko.

Ku birebana n’icyaha cy’ubugambanyi Jay-Z yabareze, abunganira Doe bavuga ko nk’abanyamategeko, amategeko ya Leta ya California atabarega 'civil conspiracy' nk’uko bivugwa mu kirego, kuko 'ubugambanyi busaba uruhare rw’abantu barenze umwe,' kandi Doe adashobora kuba ari wenyine muri ibyo birego.

Ku birebana no kumusebya, Jane Doe yavuze ko ibyo yavuze muri dosiye no mu bitangazamakuru bifite uburenganzira bwihariye butuma bitabasha gukoreshwa nk’ibimenyetso byo kumurega gusebya umuntu, nk’uko amategeko ya California abiteganya.

Ikirego cya Doe kivuga ko Jay-Z ubwe yagaragaje ko nta ngaruka mbi yahuye na zo, ariko Jay-Z we avuga ko urubanza rwa Doe rwamugizeho ingaruka zikomeye zirimo kwangirika k’umwirondoro we nk’umuntu n’umunyamwuga, igihombo cy’ubucuruzi ku rwego rwa Roc Nation cyabaruwe hejuru ya miliyoni 20$, ndetse n’ihungabana rishingiye ku isoni, guharabikwa no guteshwa agaciro.

Jay-Z arashaka indishyi zirimo izishingiye ku byabaye, izishingiye ku gihombo icyo aricyo cyose gishobora kuba cyaratewe n’ibyo birego, n’ibindi.

Umunyamategeko wa Jay-Z, Alex Spiro, yabwiye Good Morning America muri Werurwe ko icyemezo cyo kurega Doe n’abamwunganira cyari ngombwa kugira ngo ukuri kugaragare.

Uyu munyamategeko anavuga ko hari amajwi ya Doe avuga mu buryo bweruye ko Jay-Z atigeze amufata ku ngufu, ahubwo ko abamwunganira bamuhatiye kumushyira mu kirego.

Yagize ati: “Avuga mu buryo butaziguye ko Carter atigeze abikora. Ibi ni ibinyoma kandi impamvu yonyine yagaragaye muri iki kirego ni uko yategetswe n’umunyamategeko kumushyiramo.”

Ariko Buzbee, umwe mu banyamategeko barezwe, yahakanye ibyo Spiro yavuze, abyita “ibinyoma byambaye ubusa”.

Umugore wari wareze Jay-Z kumufata ku ngufu yisubiyeho


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...