Umugore warashe ku rugo rwa Rihanna yasabwe ingwate ya Miliyoni $10

Imyidagaduro - 10/03/2026 7:35 AM
Share:

Umwanditsi:

Umugore warashe ku rugo rwa Rihanna yasabwe ingwate ya Miliyoni $10

Umugore w’imyaka 35 y’amavuko witwa Ivana Lisette Ortiz yashinjwe icyaha cyo kugerageza kwica nyuma yo kurasa amasasu ku rugo rw’umuhanzikazi w’icyamamare Rihanna, mu gihe yari mu nzu ari kumwe n’abana be batatu.

Ibi byabaye ku Cyumweru tariki 9 Werurwe 2026, mu rugo rwa Rihanna ruherereye mu gace ka Beverly Hills muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Amakuru yatangajwe n’inzego z’umutekano avuga ko Rihanna w’imyaka 38 n’abana be batatu bari mu rugo rwabo rufite agaciro ka miliyoni 13.8 z’amadolari, ubwo uyu mugore yarasaga amasasu ku marembo y’uru rugo mbere yo kugerageza guhunga.

Bivugwa ko umukunzi wa Rihanna, umuraperi A$AP Rocky, we atari mu rugo ubwo ibi byabaga.

Polisi yakiriye ubutabazi bwihuse nyuma y’uko hari umuntu wahamagaye 911 atangaza ko hari umuntu uri kurasa amasasu ku rugo rwa Rihanna.

Mu kiganiro cyanyujijwe kuri Radiyo ya Polisi, umukozi wakiriye ubutabazi yagize ati: “Amasasu ari kuraswa aturutse hakurya y’umuhanda. Hari imodoka iri kurasa amasasu ku irembo ry’urugo.”

Abatangabuhamya bavuze ko uwari urimo kurasa yari mu modoka Tesla y’umweru, yagerageje guhunga nyuma yo kurasa. Icyakora polisi yamufashe nyuma y’iminota igera kuri 30 gusa ibi bibaye.

Umuvugizi wa Polisi ya Los Angeles (LAPD), Armen Arias, yabwiye ikinyamakuru The LA Times ko ubwo bari bamaze gufata uyu mugore, basatse imodoka ye bagasangamo imbunda yo mu bwoko bwa AR-15 ndetse n’amasasu yari amaze kuraswa.

Polisi yavuze ko muri rusange habonetse amasasu arindwi yarashwe, mu gihe nibura amasasu ane yagonze inyubako y’urugo rwa Rihanna.

Nubwo amasasu yarashwe, nta muntu wakomeretse nk’uko byemejwe na Sgt. Jonathan de Vera wa LAPD.

Nyuma y’ibi, polisi yashyizeho uburinzi ku rugo mu gihe inzego z’ubugenzacyaha zakoraga iperereza ku byabaye.

Urugo rwa Rihanna rwarashweho ni inzu yubatswe mu myaka ya 1930, ifite ibyumba bitanu byo kuraramo n’ubwiherero burindwi, ikaba iri ku butaka bungana na 21,958 mu gace gatuje kari ku musozi.

Ikinyamakuru New York Post cyatangaje ko amakuru gikesha umwe mu bari hafi y’uyu muryango avuga ko Rihanna na A$AP Rocky batari bazi neza uwakoze ibi n’impamvu yabimuteye, ariko ko bo n’abana babo bameze neza nta kibazo bagize.

Abaturiye aho uru rugo ruherereye nabo batangaje ko batunguwe cyane n’iri raswa ry’amasasu, bavuga ko ako gace gasanzwe kazwiho umutekano n’ituze.

Uyu mugore uregwa ubu afungiye muri kasho, aho yasabwe ingwate ya Miliyoni 10.2 z’amadolari, mu gihe iperereza ku mpamvu y’iki gikorwa rigikomeje.

Urukiko rushyiraho amafaranga runaka y’ingwate uregwa agomba gutanga kugira ngo arekurwe by’agateganyo mu gihe ategereje kuburana.

Umugore warashe amasasu ku rugo rwa Rihanna mu gihe yari ari kumwe n’abana be batatu, yashyiriweho ingwate ya Miliyoni $10 mu gihe akurikiranyweho icyaha cyo kugerageza kwica

Rihanna n’abana be batatu bari mu rugo ubwo umugore yarasaga amasasu ku marembo y’aho atuye muri Beverly Hills 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...