Umugore
w’umuhanzi w’icyamamare ku Isi, Aliaune Damala Bouga Time Puru Nacka Lu Lu Lu
Badara Akon Thiam, uzwi cyane nka Akon, witwa Tomeka Thiam, aherutse
gushyikiriza urukiko ikirego asaba gatanya ya burundu nyuma y’imyaka hafi 29
yari amaze mu rushako n’uyu muhanzi.
Nk’uko
byatangajwe n’ikinyamakuru TMZ, Tomeka yavuze ko we na Akon bafite ibibazo
bikomeye bananiwe gukemura mu bwumvikane, bityo akaba yahisemo kugana inkiko
kugira ngo bashyirirweho gatanya yemewe n’amategeko.
Aba
bombi barushinze tariki ya 15 Nzeri 1996, ku buryo bari bategereje kwizihiza
isabukuru y’imyaka 29 barushinze. Gusa ibyo bishobora kutaba, kuko Tomeka
yahisemo gusoza uru rugendo rw’ubuzima bwabo bwari bumaze imyaka myinshi.
Muri
dosiye yashyikirijwe urukiko, Tomeka yasabye ko akomeza kuba ari we urera
umukobwa wabo w’imyaka 17, mu gihe Akon yakomeza gutanga indezo. Yasabye kandi
ko baba bafitanye uburenganzira bungana mu byemezo by’amategeko, ariko we akaba
ari we ubana umunsi ku munsi n’umwana.
Nyuma
y’uko urukiko rugenzuye dosiye y’uyu mugore ndetse ibinyamakuru nka The Express
Tribune bikaba byabonye iyo dosiye, Tomeka yifuzaga guhabwa Miliyoni €100 arik
urukiko rusanga Akon afite 10,000$.
Indi
mitungo ya Akon yose yanditswe kuri Mama we n’ubwo uyu mugore avuga ko mu myaka
30 yagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’uyu muhanzi w’icyamamare ku Isi.
Kubera ko bagomba kugabana 50% kuri 50%, Akon agomba gufata 5,000$ hanyuma na Tomeka agafata andi 5,000$ hanyuma Akon akajya atanga indezo nk’uko abyemera.
Akon afite 10,000$ kuri Konti ye kuva n'igihe yamaze akora umuziki