Uyu munyapolitiki amazina ye nyakuri akaba
ari Robert Kyagulanyi Ssentamu, yabivugiye mu nama mpuzamahanga ku burenganzira
bwa muntu yabereye i Geneva, aho yavuze ko inzu ye iri i Magere ikomeje
kurindwa n’inzego z’umutekano nyamara umuryango we waramaze kuva mu gihugu.
Yagize ati: “Bafashe inzu yanjye
barayikikiza, kandi kugeza ubu baracyayirimo. Umugore wanjye n’abana byabaye
ngombwa ko bahunga igihugu kugirango barengere ubuzima bwabo.”
Bobi Wine yavuze ko nyuma y’amatora
y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa 15 Mutarama 2026, inzego z’umutekano zagabye
igitero ku rugo rwe, zisimbuka uruzitiro rw’inzu, maze zihohotera umugore we,
Barbie Kyagulanyi, mu gushaka kumenya aho aherereye.
Uyu munyapolitiki yavuze ko abasirikare
bamukoreye ihohoterwa rikomeye, barimo kumwambura no kumufata amafoto
n’amashusho avuga ko nyuma yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga.
Yashimangiye ko ibyo bikorwa byakozwe ku
mabwiriza y’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, akaba n’umuhungu
wa Perezida wa Uganda.
Ati: “Nyuma y’amatora, umuhungu wa
Museveni usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo, yatanze itegeko ko mfatwa ndi
muzima cyangwa napfuye. Ingabo zagabye igitero ku rugo rwanjye, zitoteza abo mu
muryango wanjye, zisuzuguza umugore wanjye zimushinja ko ampishira.”
Mu matora y’umukuru w’igihugu, Yoweri
Museveni yatangajwe ko yatsinze ku majwi 71.6%, mu gihe Bobi Wine yagize 24.7%.
Gusa Bobi Wine yanze ibyavuye mu matora,
ashinja Komisiyo y’Amatora n’inzego z’umutekano kuyobya amajwi no gukoresha
ingufu mu kumubuza amahirwe yo gutsinda.
Kuva ayo matora yabera, Bobi Wine yavuze
ko ari mu bwihisho, aho akomeje gushyira hanze amashusho asaba amahanga
n’imiryango mpuzamahanga kotsa igitutu ubuyobozi bwa Uganda kubera ihohoterwa
rivugwa ko ryabaye mu gihe cy’amatora na nyuma yayo.
Mbere y’uko hatangazwa ko umugore n’abana
ba Bobi Wine bamaze kuva mu gihugu, Visi Perezida wa NUP mu Burasirazuba bwa
Uganda, John Baptist Nambeshe, ari kumwe n’abandi bayoboke b’ishyaka, bari
bagiye gusura urugo rwe i Magere bagiye kureba uko umuryango umeze no
kubashyikiriza ibyangombwa by’urukiko.
Chimpreports yanditse ko ubwo bari bageze
ku rugo basanga rurinzwe n’abasirikare, babuzwa kwinjira. Ntihigeze hamenyekana
niba bari bazi ko umuryango wa Bobi Wine wamaze guhunga igihugu.
Kugeza ubu, haribazwa niba inzego z’umutekano zizakomeza kurinda urugo rwa Bobi Wine kandi umuryango we waramaze kuruvamo.

Bobi Wine yatangaje ko umugore we n’abana
bahunze Uganda kubera umutekano muke, ashinja inzego z’umutekano kugaba igitero
ku rugo rwe no guhohotera umuryango we nyuma y’amatora atavugwaho rumwe
