Umugabo yiyahuye nyuma yo kwivugana abana be babiri abaziza gutsindwa mu ishuri

Hanze - 17/03/2025 8:07 AM
Share:

Umwanditsi:

Umugabo yiyahuye nyuma yo kwivugana abana be babiri abaziza gutsindwa mu ishuri

Mu Buhinde agahunda ni kose nyuma y’inkuru y’incamugongo y’mugabo w’imyaka 31, witwa Vanapalli Chandra Kishore, wiyahuye nyuma yo kwica abana be b’abahungu babiri, bafite imyaka itandatu n’irindwi, abaziza gutsindwa mu ishruri.

Kishore wari umucungamari yasize urwandiko rwo gusezera mbere yo kwiyahura, avuga ko yamenye ko abana be bigaga mu mashuri y’incuke bari abaswa ndetse bagiraga amanota make cyane mu ishuri. Akaba rero yahisemo kubica kuko yumvaga ko batazabasha guhangana ku isoko ry’umurimo no kugira icyo bimarira.

 Inkuru dukesha ikinyamakuru The Indian Express, ivuga ko ibi byabereye i Ramanayyapet, mu mujyi wa Kakinada muri Andhra Pradesh, mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 14 Werurwe 2025.

Umuvugizi wa polisi ya Sarpavaram B Peddi Raju yavuze ko Kishore yakoraga nk'umucungamari ku biro bya ONGC, mu ruganda rukora mu byo gucukura peteroli i Kakinada.

 Yagize ati: "Yishe abahungu be bombi ababoshye amaboko n'amaguru abarohamisha mu ndobo ebyiri z'amazi. Uyu muryango wari uhagaze neza mu bijyanye n'amafaranga, ibikorwa yakoze bikaba bitangaje cyane."

 Kishore yari yarashakanye na Tanuja Sai Rani mu 2017, bombi bakaba babyaranye abahungu babiri, Joshith (7) na Nikhil (6), bigaga mu ishuri ryigenga riri hafi y’urugo rwabo.

Abaturanyi babo bavuze ko Kishore n’umugore we bari basanzwe babanye neza kandi mu mahoro. Kubera ko abana batitwaye neza mu ishuri, ababyeyi babo bari bahisemo kubimurira mu ishuri ryiza muri uyu mwaka mushya bizeye ko bazisubiraho nyamara siko byagenze.

Bivugwa ko kubera ko ku wa Gatanu wari umunsi mukuru wa Holi, Kishore n’umugore we n’abana babo bagiye ku biro bya ONGC biri mu mudugudu wa Vakalapudi, mu cyaro cya Kakinada, kwizihiza umunsi mukuru hamwe na bagenzi be bakoranaga.

 Nyuma yiminota mike bagezeyo, yabwiye umugore we ko ajyanye abana ku mudozi kugira ngo abadodeshereze imyenda mishya y’ishuri. Yasize umugore we mu biro maze asohokana n'abana. Umugore abonye hashize igihe kinini batagarutse, yahamagaye umugabo we kuri telefone inshuro nyinshi ariko ntiyamwitaba.

Nyuma y’igihe gito, Kishore yoherereje umugore we ubutumwa bugufi amubwira ko agaruka mu minota 10. Ariko ntiyagaruka. Tanuja wari uhangayitse, hamwe n'umwe muri bagenzi b’umugabo we bakoranaga, bagiye mu rugo rwabo basanga imiryango ifungiye imbere.

 Barakomanze ariko ntihagira uza kubafungurira. Bitabaje abaturanyi maze babafasha guca umuryango binjira mu nzu. Bageze mu nzu, basanze Kishore yimanitse ku gisenge mu cyuma, banasanga Joshith na Nikhil bapfiriye mu bwiherero, baboshye amaboko n'amaguru imitwe yabo yubitse mundobo z’amazi.

Umuvugizi wa Polisi yagize ati: "Ukuntu kuba abana bafite imyaka itandatu n’irindwi bashobora kuzira kutitwara neza mu ishuri, ntibikwiriye. Hashobora kuba hari izindi mpamvu zatumye Kishore atera iyi ntambwe agakora aya mahano, turi gukora iperereza ngo tumenye byinshi kuri iki kibazo."

 

 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...