Onyeanyusi
yabitangaje mu mashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuze
ko atigeze amenya ibikorwa umugore we yakoraga, ashimangira ko akazi katumaga
ava mu rugo kare akagaruka nijoro.
Uyu mugabo
yavuze ko yamenye ibyabaye nyuma y’uko inshuti ye imweretse amashusho yari
amaze gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.
Avuga ko
ubwo yabazaga umugore we ku byari muri ayo mashusho, yabanje kubihakana avuga
ko amashusho ashobora kuba yarakozwe hifashishijwe ikoranabuhanga ry’ubwenge
buhangano (AI).
Onyeanyusi
yavuze ko nyuma umugore we yemeye ko yakoresheje abana babo muri ibyo bikorwa.
Yagize
ati: “Naramubajije nti: ‘Ese koko ibi ni byo warabikoze?’ Arambwira ati:
‘Yego.’ Nahise numva ncitse imbaraga. Naribazaga nti: ‘Ibi bishoboka bite?
Wakora ute ibintu nk’ibi?’”
Yakomeje
avuga ko yatunguwe bikomeye n’ibyo umugore we yakoze, cyane cyane ko byakorewe
umwana wabo.
Ati:
“Nababajwe cyane n’umugore wanjye. Sinigeze ntekereza ko ashobora gukora ibintu
nk’ibi, ndetse akabikorera umwana we bwite.”
Iby’uyu
mugore byateje impaka n’umujinya ku mbuga nkoranyambaga, mu gihe inzego
zibishinzwe zikomeje gukurikirana ibyaha akekwaho.
Iyi nkuru
yongeye guteza impaka, bigaragaza ko hagombwa kwibandwa ku kamaro ko kurinda
abana ihohoterwa, cyane cyane ibikorwa bibakorerwa mu buryo bubatesha agaciro
cyangwa bubashyira mu bikorwa bigenewe abantu bakuru.
