Umugabo n’umugore batangaje ko bazakomeza kubana nubwo umugore asigaye aryamana n'abo bahuje igitsina

Utuntu nutundi - 03/02/2022 11:14 AM
Share:

Umwanditsi:

Umugabo n’umugore batangaje ko bazakomeza kubana nubwo umugore asigaye aryamana n'abo bahuje igitsina

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika haravugwa inkuru y’umugore witwa Nicolette wari umaze imyaka 7 abana n’umugabo we amuhisha ko asigaye aryamana n'abo bahuje igitsina nyuma akaza kumubwiza ukuri. Nyuma y’ibi aba bombi bemeranyijwe ko bakomeza kubana ku bw’abana babo babiri babyaranye.

Nyuma yo kwakira ko umugore we Nicolette Popa asigaye aryamana n’abagore bagenzi be, uyu mugabo witwa Ryan Popa asigaye aherekeza umugore we mu mujyi agiye kureba abagore bagenzi be.

Amakuru avuga ko uyu mugore Nicolette mu myaka ibiri ishize ari bwo yabwiye umugabo we bari bamaranya imyaka irindwi babana ko asigaye aryamana n'abo bahuje igitsina ariko nyuma y’ibiganiro bombi bagiranye banze gutandukana ngo buri wese ace iye nzira ahubwo biyemeza gukomeza kubana mu rwego rwo kwita ku bana babo babiri.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram mu mwaka ushize, uyu mugore ukomoka muri Leta ya North Calorina muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashimiye umugabo we Ryan ku bw’urukundo n’ubufasha yamuhaye akanamwemerera kuba uwo we.



Nicolette yabwije ukuri umugabo we ko akunda abagore bagenzi be

Uyu mugore watangaje ko yamenye ko akunda abagore bagenzi be akiri mu mashuri abanza, yakomeje avuga ko yamaze imyaka itari micye yumva yiyanze arinako yibaza impamvu bimubaho ariko ngo nyuma yo kwiyacyira akabwiza ukuri umugabo we byatumye atangira ubuzima bushya ndetse bimuzanira amahoro yo mutwe no mu mutima.

Nicolette Popa w’imyaka 26 y’amavuko yashakanye na Ryan Popa w’imyaka 27 y’amavuko mu mwaka 2014, aba bombi bakundanye kuva bakiri abana bato ndetse bakaba bafitanye abana babiri. 

Amakuru avuga ko uyu mugore yari azi ko akunda abagore bagenzi be ariko yakomeje kubihisha umugabo kugera mu mpeshyi 2020 ubwo yafataga icyemezo cyo kumubwiza ukuri.

Nicolette nyuma yo kuganira n’umugabo we akamubwiza ukuri, Ryan yasabye Nicolette ko bakomeza kubana kugira ngo bakomeje gufatanya kurera abana babo babiri babyaranye, umugore nawe arabyemera.

Ryan yagize ati: “Ubwo Nicolette yabimbwiraga ntago byantunguye. Nari naratangiye kubicyeka ariko sinabimubaza- Narategereje kugeza ubwo abinyibwiriye ubwe."

Nicolette yavuze ko agifata Ryan nk’umukunzi we nubwo we aryamana n’abagore bagenzi be. Aba bombi babaye ibyamamare ku rubuga rwa TikTok nyuma y’aya masezerano bagiranye yo gukomeza kubana.



Nicolette na Ryan biyemeje gukomeza kubana ku bw'abana babo

Abantu batari bacye kuri uru rubuga bavuga ko bashyigikiye aba bombi ku cyemezo bafashe, abandi nabo bakavuga ko uyu mugore ari kwangiza umwanya w’uyu mugabo. 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...