Umufana wa Manchester United yishe uwa Arsenal

Imikino - 25/05/2026 6:44 PM
Share:

Umwanditsi:

Umufana wa Manchester United yishe uwa Arsenal

Polisi yo mu Mujyi wa Kampala muri Uganda yatangaje ko yatangiye iperereza ku rupfu rw’umugabo w’imyaka 34 wari utunze moto itwara abagenzi izwi nka boda boda, nyuma y’uko apfuye akubiswe mu makimbirane afitanye isano n’amakipe y’umupira w’amaguru.

Nk’uko byatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa Mbere, tariki ya 25 Gicurasi 2026, ibi byabereye mu gace ka Bakuli mu mujyi wa Kampala, ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 24 Gicurasi 2026.

Umuvugizi wa Polisi ya Kampala Metropolitan, Rachael Kawala, yavuze ko iri perereza rishingiye ku cyaha cy’ubwicanyi cyabaye ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba muri Kampala Central Division.

Polisi yemeje ko uwapfuye yitwa Denis, wari utuye muri aka gace ka Bakuli, akaba yari asanzwe akora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto. Amakuru y’ibanze agaragaza ko urupfu rwe rwaturutse ku makimbirane yagiranye n’undi mugabo uzwi ku izina rya Musiramu.

Abari gukora iperereza bagaragaje ko intandaro y’ayo makimbirane yari ishingiye ku mpaka zijyanye n’amakipe bafanaga, aho Denis yari umufana wa Arsenal mu gihe Musiramu we bivugwa ko akunda Manchester United.

Polisi yavuze ko ayo makimbirane yaje gukomera bikarangira Musiramu akubise Denis ikintu ku mutwe, bikamuviramo urupfu.

Kugeza ubu, inzego z’umutekano zatangaje ko zikomeje gushakisha no guta muri yombi ukekwaho iki cyaha, mu gihe iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekane neza uko byagenze.

Hagati aho, umurambo wa Denis wajyanywe mu Bitaro Bikuru bya Mulago kugira ngo hakorwe isuzuma rigamije kumenya icyateye urupfu rwe mu buryo burambuye.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...