Umufana Malaika Shwanyaguza wari wihakanye Rayon Sports yagaruwe mu rugo

Imikino - 18/04/2022 3:09 PM
Share:

Umwanditsi:

Umufana Malaika Shwanyaguza wari wihakanye Rayon Sports yagaruwe mu rugo

Malaika wari warahiriye kuba umufana wa APR FC agasezera kuri Rayon Sports, yagaruwe mu rugo kuri uyu wa Mbere.

Ubwo igice cya mbere hagati y'umukino wahuzaga Bugesera FC na APR FC cyarangiraga, Malaika yumvikanye kuri Radio Rwanda avuga ko yabaye umufana mushya wa APR FC ndetse ko yaje yabyambariye. Yagize ati: "Si imyenda ya APR FC nambaye gusa kuko hari n'ikirango cyayo. Njyewe narabikubwiye ndi Malaika Shwanyaguza umufana wa Rayon Sports bazi bose, aho kugira ngo nzicwe n'agahinda, APR FC yubawe."

Uyu mukino warangiye ikipe ya APR FC yegukanye amanota atatu itsinze igitego 1-0 bwa Bugesera ihita inafata umwanya wa mbere wa shampiyona. Muri iki gitondo ni bwo Malayika yagaragaye ari kumwe n'umuvugizi wa Rayon Sports Bwana Nkurunziza Jean Paul ndetse amuhamiriza ko ntaho yagiye. Ati: "Njye biriya navuze ntabwo nari mbihagazeho ahubwo nariganiriraga twari twaraye dutsinze bituma njyana n'abafana ba APR FC ariko byari ibintu biri aho."

Malaika siwe mufana wa mbere uvuye muri Rayon Sports akongera kuyigarukamo kuko mu 2017 Rwarutabura na Nkundamaci (Nkunda Match) bigeze gusezera muri Rayon Sports bavuga ko babaye abafana bashya ba As Kigali ariko bidateye kabiri bagaruka muri Rayon.


Malaika wegereye mikoro yari yihakanye Rayon Sports ariko yagarutse igitaraganya


Malaika yari yagiye

Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...