Umudage Moritz Kretschy yegukanye Tour du Rwanda 2026-AMAFOTO

Imikino - 01/03/2026 1:20 PM
Share:

Umwanditsi:

Umudage Moritz Kretschy yegukanye Tour du Rwanda 2026-AMAFOTO

Umudage Moritz Kretschy ukinira Ikipe ya NSN Development Team yegukanye Tour du Rwanda 2026 nyuma y’uko yari yambaye umwambaro w’umuhondo kuva ku Gace ka Kane.

Kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Werurwe 2026 ni bwo hasojwe Tour du Rwanda 2026 hakinwa agace ka nyuma kayo ka Munani. Ni agace kazengurutse mu mujyi wa Kigali, KCC (Gutangira) - Gishushu - RDB- MTN HQ - Kabuga ka Nyarutarama - umuhanda wa UTEXRWA - umuhanda wo kuri Tennis Club-Frontier - Gold Club (inzira yo kwirukiramo) - SOS - MINAGRI - Meridien - KBAC-RIB HQ - Kimicanga- Kimihurura - (Kwa Mignone) - Umuhanda w'amabuye - Kabindi - KABC - KCC ku ntera y’Ibilometero 83,8.

Isiganwa ryatangijwe na Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, abakinnyi babanza kugenda ibihe bitabarwa babona gutangira gusiganwa. 

Umunyarwanda Ngendahayo Jeremie wa May Stars ni we wavuye mu bandi ajya imbere ubundi Aman wa Istanbul na Martins wa Localiza nabo bamusangayo.

Bruno Martins wa Localiza yegukanye amanota ya Sprint ya Mbere yatangiwe kuri KCC ku kilometero cya 15,4. Martins Bruno wa Localiza na Aman Awet wa Instabul ni bo basigaye imbere bayobora isiganwa.

Bruno Martins yegukanye amanota y'Umusozi wa Mbere yatangiwe ku kilometero cya 38,3. Uko isiganwa ryinjiraga mu bilometero bya nyuma ni ko igikundi cyagabanyaga ikinyuranyo cyarimo hagati yabo n’abakinnyi babiri bari bari imbere. Ku kilometero cya 60 igikundi cyafashe Aman na Martins bagendera hamwe. 

Bruno Martins wa Localiza yegukanye amanota y’umusozi wa Kabiri. Mu bilometero bya nyuma Araya na Da Silva bagiye imbere birangira bafashwe n'igikundi. Henok Mulubrhan w’imyaka 26 ukomoka muri Eritrea ni we wegukanye agace ka Munani ka Tour du Rwanda. Aka ni ko gace konyine kegukanwe n’umukinnyi w’Umunyafurika muri iri siganwa ry’uyu mwaka.

Henok Mulubrhan yakoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 37. Yakurikiwe na Cuylits Mauro wa Lotto- Groupe Wanty bakoresheje ibihe bimwe naho Marti Soriano Pau wa NSN Development Team wasizwe isegonda rimwe aba uwa Gatatu.

Umunyarwanda waje hafi ni Muhoza Eric wa Team Amani aho yabaye uwa karindwi akaba yasizwe amasegonda atatu.

Moritz Kretschy w'imyaka 23 ukomoka mu Budage akaba akinira ikipe  ya NSN Development Team ni we wahise wegukana Tour du Rwanda 2026 nyuma y’uko yari yambaye umwambaro w’umuhondo kuva ku Gace ka Kane kavuye i Karongi kerekeza i Rubavu ubwo yabaga uwa kabiri.

Yegukanye Tour du Rwanda 2026 akoresheje amasaha 23, iminota 8 n’amasegonda 48 akaba asiga iminota ibiri n’amasegonda 8 Adamietz Johannes wa Rembe| Rad-Net imukurikira.

Ku rutonde rusange, Umunyarwanda wasoreje hafi ni Niyonkuru Samuel wa Team Amani akaba yasoreje ku mwanya wa 16 asigwa n’uwa mbere iminota itanu n’amasegonda 51.

Henok Mulubrhan yegukanye agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 

Moritz Kretschy yegukanye Tour du Rwanda 2026



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...