Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Gashyantare 2026 ni bwo muri Tour du Rwanda 2026 hakinwe agace ka Gatanu kazengurutse Umujyi wa Rubavu inshuro 9 ku ntera y'ibilometero 82.
Aka ni ko gace gato ko muri iri siganwa ryo muri uyu mwaka ririmo rirakinwa ku nshuro ya 18 kuva rigizwe mpuzamahanga.
Ku kilometero cya kabiri, Ribeiro ukinira Soudal Quick-Step na Jurgen Zomermaand ukinira Picnic bahise bajya imbere. Ku kilometero cya 10 ariko igikundi cyahise kibafata.
Abakinnyi batandukanye bagiye bagerageza kujya imbere ariko igikundi kigahita kibagarura. Abakinnyi bo mu makipe ya Movistar, Rembe na NSN ni bo babaga bayoboye igikundi.
Nyuma yo kuzenguruka inshuro eshatu ku kilometero cya 36,5 abakinnyi bahataniye amanota ya sprint ajyana n'amasegonda atatu, abiri na rimwe kuri batatu ba mbere.
Yegukanwe na Henok Mulubrhan akurikirwa na Cuylits na Da Silva. Ku kilometero cya 52 Byukusenge Patrick wa Team Rwanda yavuye mu bandi aragenda ndetse agera aho ashyirahomo ikinyuranyo cy’amasegonda 15 hagati ye n’igikundi.
Byarangiye uyu munyarwanda afashwe ubundi Miguel Heidemann ahita anegukana amanota ya Sprint ya kabiri. Ku kilometero ya 63 Umuhorandi Zomermaand Jurgen wegukanye agace ka Gatatu yahise ajya imbere gusa nawe birangira afashwe n’igikundi cyari kiyobowe n’abakinnyi ba NSN.
Byarangiye aka gace kegukanwe na Jermaine Zemke w’imyaka 20 ukomoka mu Budage akaba akinira Rembe| rad-net.
Yakoresheje Isaha imwe,iminota 44 n’amasegonda 27 akaba yakurikiwe na Itamar Einhorn ukinira NSN Development Team na Mulueberhan Henok wa Eritrea bose bakaba bakoresheje ibihe bingana.
Umunyarwanda waje hafi ni Muhoza Eric wa Team Amani waje ku mwanya wa 15 aho nawe yakoresheje ibihe bingana n’uwa mbere.
Kretschy Moritz wa NSN Development Team niwe wakomeje kwambara umwambaro w’umuhondo. Umukinnyi uza ku mwanya wa hafi ku rutonde rusange ni Niyonkuru Samuel wa Team Amani akaba asigwa n’uwa mbere iminota ine n’amasegonda 59.



















