Umucuruzi wa 'Mitiyu' wahiriwe na Cinema! Ibitaravuzwe mu rugendo rwa 'Micky' – VIDEO

Cinema - 16/10/2025 6:00 AM
Share:

Umwanditsi:

Umucuruzi wa 'Mitiyu' wahiriwe na Cinema! Ibitaravuzwe mu rugendo rwa 'Micky' – VIDEO

Ni inkuru y’inzozi, ubwitange n’ukwigirira icyizere. Urugendo rw’umugore wacuruje ‘Mitiyu’ ku muhanda w’i Kanombe yitwikiriye umutaka wa Sosiyete y’Itumanaho ya MTN, akaza kwigarurira abakunzi ba sinema nyarwanda.

Ni ubuzima bwa Mukobwajana Asiphie, uzwi muri sinema ku izina ry’akabyiniriro ka "Micky" wamamaye mu gukina filime zakunzwe ndetse amaze gutunganya izo yanditse ubwe.

Uyu munsi, Micky ni umwe mu bakinnyi b’abagore bafite izina rikomeye muri sinema nyarwanda, ndetse ahataniye ibihembo bya Mashariki African Film Festival bigiye gutangwa ku nshuro ya 11.

Ariko inyuma y’uru rugendo hari amateka y’inzitane benshi batazi—ubuzima bw’umugore wanyuze mu mirimo isanzwe, ariko umutima we wicaye mu nzozi.

Uko impano ye yavumbuwe mu buryo butunguranye

Mu kiganiro kirambuye yagiranye na InyaRwanda, Micky yibuka ko atigeze arota kuzaba umukinnyi wa filime.

Ati: "Njyewe ntabwo nigeze na rimwe ntekereza ko nakina filime. Nta n'ubwo nabikundaga. Nahuye n'inshuti yanjye duhurire mu Mujyi mvuye gukoresha inzara, yamperukaga ndi umukobwa ntarabyara, arambwira ati wabaye mwiza wajya muri filime. Ndamubwira nti kujya muri filime bisaba kuba uri mwiza? Arambwira ngo Oya! Ahubwo ukuntu utinyuka wabishobora."

Ni amagambo yabaye intangiriro y’urugendo rushya. Icyo gihe, Micky yari umukobwa ukiri muto, uhangayikishijwe no gushaka imibereho nk’abandi benshi. Gukina byari kure cyane mu bitekerezo bye. Ariko uwo munsi, yagize ikimenyetso kitazibagirana: hari impano yari imurimo itegereje kwigaragaza.

Kuva mu bucuruzi bwa Mitiyu n’akazi mu kabari, kugeza imbere ya camera

Mbere y’uko yinjira muri sinema, Micky yari amaze kugerageza imirimo itandukanye. Yacuruje ‘Mitiyu’ nk’abandi bacuruzi bakorera sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda, kugira ngo abone ikimutunga.

Ati: "Inzozi zanjye cyera numvaga ibintu bizantunga ari ukubyina gakondo, ariko nkuze birahinduka. Kuko, ngeze mu myaka itatu y'amashuri yisumbuye, Mama yambwiye ko nshobora kwiga umwuga, kuko ni cyo kintu cyihuta ku buryo wahita wikorera ukabona akazi. Natekereje mu myuga yose mpitamo kwiga kudoda."

Akomeza agira ati "Icyo gihe hajemo Covid-19, noneho nanzura kujya gucuruza 'Mitiyu'. Nagiye ku muhanda rwose hano ku kigo cya Gisirikare cy'i Kanombe, nkambara imyenda iranga aba-Agents nabikoze nk'amezi atatu, ariko ndabihagarika kuko baranyibye.

Ibyo ntibyahagaritse inzira ye. Yaje no gukora mu kabari kitwa Makumba, aho yakiriraga abakiriya mu ijoro ryose.

Ati: "Nagiye mu kabari ahitwa Makumba (Ni akabari) nsaba akazi, barambwira bati ese ko ukiri muto, ndababwira nti ndi kwishakira ubuzima, nyuma bampa akazi, aho nakiraga abakiriya. Uriya 'Shema' wanyinjije muri cinema ni naho twahuriye."

Yinjiriye muri sinema mu Ugushyingo 2023, ubwo yahuraga na Killaman, umuyobozi wa filime wamuhaye amahirwe yo gukina bwa mbere.

Ati “Uriya Shema twabiganiriyeho ari mu Ugushyingo 2023, noneho akajya ahora abinyibutsa. Naramubwiye nti nkunda Killaman kuko ndeba filime ze, kuko narebaga filime ze zose. Naramubwiye nti mba numva nshaka kuzasura Killaman aho akinira filime, nkareba uko abikora."

Agezeyo, yari yambaye ikanzu ngufi n’inkweto ndende. Akomeza agira ati "Byaje gukunda koko njya kureba Killaman, ngezeyo nari nambaye ikanzu ngufi n'inkweto ndende, ndetse umunsi wa mbere nagiyeyo, ni na bwo nakinnye filime bwa mbere.”

Icyo gihe, yakinanye na Dr Nsabi, umwe mu bakinnyi bakomeye muri sinema nyarwanda. Ati “Ubwo bari bari gukina barambonye bahita bahagarara, baravuga bati dore umukobwa mwiza, bose bahita bahagarara. Igice cya mbere nakinnyemo nagikinnye ndi kumwe na Dr Nsabi, ariko twakinnye n'ibindi bice bine."

Hashize icyumweru kimwe, Killaman yamuhamagaye amusaba kugaruka gukina izindi ‘episode’. Ni bwo yamwakiriye byemewe mu itsinda rye. Kuri Micky, uwo munsi wahinduye ubuzima bwe burundu.

Arakomeza ati "Naratashye, ariko hashize iminsi Killaman yarambwiye ngo garuka, nsubirayo nabwo nkina izindi 'episode, ndumva hari haciyemo icyumweru kimwe, ndetse uwo munsi ni bwo Killaman yahise anyakira mu itsinda rye."

Filime ya mbere yakinnyemo ni iya Killaman, ari na yo yamuhesheje izina mu ruhando rwa sinema. Ariko ntiyahagarariye aho. Yagiye akina mu zindi nyinshi, n’ubwo hari izindi zigeze gukorwa ntizisohoke, bikamubabaza.

Ubu amaze gutunganya filime eshanu ze bwite, izo yanditse, agatunganya ndetse akanazikinamo. Yishimira cyane izo yise ‘Igihome’, 'Imbaraga za Mama', ‘My Daughter’, n’iyo ari gutegura yitwa ‘Igeno’.

Micky asanga sinema nyarwanda iri gutera imbere, ariko hakiri urugendo rurerure. Agashimangira ko ubufatanye hagati y’abakinnyi na 'Producers' bugifite intege nke. Ni na yo mpamvu yiyemeje kwiga uko filime itunganywa, gufata amashusho no kuyobora ibikorwa bye bwite.

Micky avuga ko kugira ubuzima busanzwe nk’umugore wamenyekanye bisaba gucunga neza igihe no kumenya imipaka. Ku nzozi ze zo kugera ku rwego mpuzamahanga, avuga ko ari urugendo ruri imbere ariko afite icyizere.

Micky wamamaye muri sinema nyarwanda yanyuze mu rugendo rw’inzitane mbere yo kubona amahirwe yo kugaragara imbere ya camera bwa mbere

Mukobwajana uzwi nka Micky yacuruje ‘Mitiyu’ anakora mu kabari mbere yo kuba umwe mu bakinnyi b’imbere muri sinema nyarwanda


Micky avuga ko Killaman ari we wamuhaye amahirwe ya mbere yo gukina filime, umunsi yahuye na Dr Nsabi ukaba utazibagirana mu rugendo rwe


Kuri ubu, Micky amaze gutunganya filime ze eshanu, ashimangira ko ubwitange n’urukundo ku mwuga ari byo byamufashije kugera aho ageze

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MICKY UGEZWEHO MURI CINEMA

KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA CYA FILIME ‘IGENO’ YA MICKY


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...