Umubyeyi w’imyaka 23 agurisha amashereka ku bashaka kubaka umubiri akinjiza arenga miliyoni 4 Frw buri kwezi

Utuntu nutundi - 06/08/2025 12:47 PM
Share:

Umwanditsi:

Umubyeyi w’imyaka 23 agurisha amashereka ku bashaka kubaka umubiri akinjiza arenga miliyoni 4 Frw buri kwezi

McKenzie Stelly, umugore w’imyaka 23 wo muri Leta ya Louisiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yabaye icyamamare ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutangaza ko yinjiza arenga £2,500 (asaga miliyoni 4 Frw) buri kwezi abikesha kugurisha amashereka ye ku bantu bakora siporo zo kubaka umubiri.

Ubuzima bwe bwahinduye icyerekezo nyuma yo kubyara umwana we wa mbere, Elias, wavukanye amenyo abiri yo hasi bigatuma bigorana kumwonsa. McKenzie yaje gufashwa n’abagiraneza bamuhaye amata ku buntu. Ibi byamweretse ko hari benshi bakeneye amashereka, bituma igihe yabyaraga umwana we wa kabiri, Rhett, atangira gutanga amashereka ye ku buntu binyuze mu kigo gitanga amata kizwi nka Tiny Treasures, aho yishyurwaga $1 kuri buri 'ounce'.

Nyuma yaho, yakomeje kubona amashereka menshi arenze ayo abana be bakeneye, maze atangira kuyamamaza kuri Facebook. Ni bwo yaje kugerwaho n’umuntu uri kubaka umubiri wamwinginze ngo amugurishe ayo mashereka kugira ngo amufashe gukomeza imitsi. Ibyo byahise bimuhindurira ubuzima, atangira kugurisha ayo mashereka kuri $5 kuri buri 'ounce', bituma yinjiza arenga $3,500 buri kwezi.

McKenzie yagize ati: “Nifuzaga konsa abana banjye kuva kera kuko nizeraga ko bibaha intangiriro nziza mu buzima. Gusa byaranze kuri Elias, ariko ndashimira uwampaye amashereka binyuze kuri Facebook. Igihe nabyaraga Rhett, nabonye mfite umusaruro mwinshi, bituma numva nshaka gufasha abandi.”

Uretse gufasha abandi, avuga ko n’ubusanzwe gutanga amashereka byamufashaga kwirinda uburibwe buterwa no kutonsa cyangwa kumara igihe kirekire utonsa, bishobora gutera 'mastitis'. Gusa nubwo yatangiranye n’ibigo bitanga amata ku buntu, amafaranga menshi aturuka mu kugurisha ayo mashereka ku bantu bakuru bashaka kongera poroteyine.

Ati: “Hari benshi batekereza ko amashereka agomba gutangwa ku buntu, kandi ndabyumva. Ariko ni ibintu umubiri wanjye ukora ukoresheje imbaraga, igihe n’imyitwarire.”

Yongeraho ko yagiye ahura n’abantu basaba kugabanirizwa igiciro bavuga ko batishoboye, ariko bakaza bagenda mu modoka zihenze nka Rolls-Royce. Ati: “Iyo ari umuntu ushaka gukoresha amashereka yanjye ku nyungu z’umubiri we, ntabwo mbimuha ku buntu. Si ibintu by’ingenzi, ni amahitamo.”

Yemera ko iki gikorwa gisaba gahunda ikomeye, imashini zihenze zo gukamisha, n’ububiko bugezweho. Ati: “Ubwa mbere nanjye sinabyumvaga, ariko nabonye harimo amafaranga. Bisaba akazi n’imbaraga, si ibintu umuntu akora gutyo gusa.”

Nubwo hari abatamushyigikiye bamushinja gukoresha ubuzima bw’uruhinja nk’ubucuruzi, McKenzie avuga ko ibyo yumva abireka bikanyura mu gutwi kumwe bigasohokera mu kundi. Ati: “Ni amahitamo yanjye kandi afasha umuryango wanjye. Uburyo ubuzima buhenze, buri wese ashaka uko yabwihanganira.”

Kugeza ubu, aracyonsa umwana we wa kabiri Rhett, ariko avuga ko azi neza ko bitazaramba. Ati: “Ndacyamwonsa, ariko nzabihagarika vuba. Ni yo mpamvu nshaka gukoresha iyi nzira igihe igishoboka.”

Stelly w'imyaka 23 y'amavuko, yahindutse umumiliyoneri kubera kugurisha amashereka ye

Ubu isoko rye ahanini riri mu bakora siporo bashaka kubaka imibiri

Nibura buri kwezi, McKenzie Stelly yinjiza arenga miliyoni 4Frw


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...