Umubare w’urubyiruko rudafite akazi ku isi ukomeje kwiyongera, AI ishobora gutuma birushaho kugorana

Ubukungu - 12/08/2026 7:45 AM
Share:

Umwanditsi:

Umubare w’urubyiruko rudafite akazi ku isi ukomeje kwiyongera, AI ishobora gutuma birushaho kugorana

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Murimo (ILO) ryatangaje ko ubushomeri mu rubyiruko ku isi bwiyongereye mu mwaka wa 2025, bitewe n’ubukungu bwadindiye, amakimbirane ya politiki hagati y’ibihugu ndetse n’umuvuduko muke mu guhanga imirimo mishya nkuko Reuters. ILO, yabitangaje kuri uyu wa gatatu, inaburira ko ubwenge buhangano (AI) bushobora kurushaho kongera ibibazo biri ku isoko ry’umurimo.

Raporo nshya ya ILO igaragaza ko igipimo cy’ubushomeri mu rubyiruko ruri hagati y’imyaka 15 na 24 cyageze kuri 12.4% mu 2025, kivuye kuri 12.3% mu 2023. Ibyo bivuze ko ku rwego rw’isi yose, urubyiruko rugera kuri miliyoni 67 rwari rudafite akazi.

ILO yavuze ko uku kwiyongera gusubiza inyuma intambwe zari zimaze guterwa nyuma y’icyorezo cya COVID-19, kandi ko bigaragaza ko habaye igabanuka ry’imirimo ihari ndetse n’ubwiza bw’imirimo urubyiruko rubasha kubona.

ILO kandi yavuze ko umubare w’urubyiruko rudakora, rutiga cyangwa rutari no mu mahugurwa na wo wazamutse ugera kuri 20%, bingana n’abarenga miliyoni 257.

Raporo igaragaza ko ibihugu by’Abarabu ari byo bifite umubare munini w’urubyiruko rudafite akazi, aho ugeze kuri 26.2%, bigakurikirwa na Afurika y’Amajyaruguru ifite 22.6%.

ILO yanagaragaje kandi ko imirimo isaba ubumenyi bwo hagati iri kugenda igabanuka. Muri iyo harimo iy’ubwanditsi n’ubunyamabanga, ubuyobozi, ubucuruzi no mu nganda.

Iyi mirimo ni yo yakundaga guha amahirwe urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye cyangwa za kaminuza gutangira kwinjira ku isoko ry’umurimo.

ILO ivuga ko iki kibazo gishobora kurushaho gukomera uko AI ikomeza guhindura uburyo akazi gakorwamo.

Ku rundi ruhande, imirimo isaba ubumenyi bwo ku rwego rwo hejuru, cyane cyane mu bijyanye n’ubumenyi n’ubushakashatsi (science), ubwubatsi (engineering), ubuvuzi n’ikoranabuhanga mu itumanaho (IT) ikomeje kwiyongera mu bihugu byinshi.

Mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, urubyiruko rwinshi ntirushobora kwihanganira kumara igihe kirekire rudafite akazi. Kubera iyo mpamvu, benshi bahitamo gukora imirimo idafite umutekano cyangwa uburenganzira bwuzuye bw’umukozi.

Hafi 9 mu 10 by’urubyiruko rukora mu bihugu bikennye n’ibifite ubukungu buciriritse rukora imirimo itanditse mu buryo bwemewe n’amategeko, bityo ntirubone uburinzi buhagije mu kazi ndetse n’ubwiteganyirize bw’abakozi.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...