Ariko
nyuma y’imyaka 16 ayoboye igihugu, kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira 2025,
yakuwe ku butegetsi mu buryo bukomeye n’urubyiruko rufite ijwi rikomeye, ruzwi
nka Generation Z
Andry
Rajoelina w’imyaka 51, ubuzima bwe bwa mbere bwibandaga ku bintu byoroheje nko
gucuranga umuziki, mu tubyiniro, ibiganiro kuri Radio na Televiziyo.
Mu
bwana bwe, yamenyekanye nk’umu-DJ w’ibitaramo by’abato cyangwa se urubyiruko,
maze nyuma agenda yegukana izina ry’umucuruzi ubwo yaguraga Radio, bituma abona
izina mu ruhando rw’urubyiruko rwarushagaho kwiyumvamo impinduka.
Izina
rye ry’imena ryari “TGV”, impine igaragaza “Train à Grande Vitesse”
ryashyingiwe ku muvuduko we mu bikorwa no ku ruhande rwa politiki.
Iri
zina ryari rihwanye n’izina ry’ishyaka rye, Tanora MalaGasy Vonona ryashinzwe
ubwo yatorerwaga mu Mujyi wa Antananarivo mu 2007.
Rajoelina
yageze ku butegetsi mu 2009 mu buryo bw’inzibacyuho, yari muto cyane ku buryo
itegeko ryari kumubuza kuba Perezida, ariko urubyiruko rwaramukundiye, kubera
ko yari umwe muri bo.
Yabaye
umuyobozi w’umwe mu myitwarire itangaje, w’icyamamare kuri Radio, n’ibitaramo,
kandi ugaragaza ko ashaka impinduka.
Rajoelina
yasimbuye Perezida Marc Ravalomanana, aho yashinjaga Guverinoma
ye kuba iy’ubutegetsi bw’igitugu igihe ifunga Televiziyo ye mu 2008, bituma
benshi mu rubyiruko bamwiyumvamo.
Nyuma
y’imyaka yari ishize ari ku butegetsi, urubyiruko rwa Gen-z rwagaragaje ko ibyo
yabijeje atigeze abyubahiriza, maze bamukuraho kuri uyu wa Kabiri.
Mu
myaka 16 ishize, ubukene bw’abaturage bwakomeje kwiyongera, amashanyarazi n’amazi bisigara
ari ikibazo gikomeye, n'aho umusaruro mbumbe ku muturage waragabanutse cyane
kuva Madagascar yabona ubwigenge mu 1960.
Ku
wa mbere w’iki cyumweru, Rajoelina yavuye mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu “Palais
d’État d’Ambohitsorohitra” nyuma y’imyigaragambyo ikomeye y’urubyiruko hamwe
n’abasirikare, byatumye ahungira ku kirwa cya Réunion mu ndege ya gisirikare
y’u Bufaransa.
Colonel
Michael Randrianirina, uyobora umutwe w’ingabo CAPSAT, yavuze ko ingabo zafashe ubutegetsi kandi zikuraho imiryango ya Politiki ya Rajoelina.
Umutwe
wa CAPSAT wamenyekanye cyane mu 2009 ubwo watezaga imbere Rajoelina, none nawo
wagize uruhare mu kumusohora ku butegetsi.
Abaturage
bemeza ko bagejeje ku rwego rwo gusaba impinduka, bavuga bati: “Twamuhaye
amahirwe, ariko ubuzima hano burakomeye… dukeneye umuntu wita ku bibazo byacu.”
Urugendo
rwa Rajoelina rwasize amateka atazibagirana. Uyu mugabo, wari umu-DJ
w’icyamamare, umaze imyaka igera kuri 16 ku butegetsi, yagaragaje ibyiza
n’ibibi: yateje imbere politiki y’urubyiruko, ariko yananiwe guhangana
n’ubukene, ruswa, no kubaka igihugu gifite ubushobozi nk'urubyiruko rubivuga.
Nk’uko
Ketakandriana Rafitoson, umuyobozi muri Transparency International, abivuga,
ubutegetsi bwe “bwatumye igihugu kiba kibi, kandi kitagira uburinganire.” Hari
abavuze bati: “Yakagombye gukomeza kwigira mu ikanamico n’utubyiniro, aho kuba
Perezida.”
Nubwo
izina rye rya TGV ryari rihwanye n’umuvuduko n’imbaraga, ubu ntawubona
nk’ikitegererezo cy’imbaraga za politiki.
Urubyiruko rwa Madagascar, rufite ijwi rikomeye muri iyi myigaragambyo, rwasabye impinduka zifatika, rugaragaza ko amateka ya Rajoelina ari isomo rikomeye ku butegetsi bw’ibyamamare n’urubyiruko rufite ibyiringiro.
Perezida Andry Rajoelina yakuwe ku butegetsi nyuma y'imyigaragambyo imaze ibyumweru y'urubyiruko ruzwi nka 'Generation Z'
Andry Rajoelina, DJ wabaye Perezida wa Madagascar wamenyekanye mu rubyiruko mbere yo kwinjira muri politiki
Colonel
Michael Randrianirina na bamwe mu bamurinda, kuri uyu wa Kabiri tariki 14
Ukwakira 2025, mbere gato y'uko atangazwa nk'umukuru w'igihugu cya Madagascar