Ukwicuza gukomeye ku munyamideli Kirabo Kisitu nyuma y'amashusho y'urukozasoni ye yagiye hanze

Umuco - 09/06/2026 6:43 AM
Share:

Umwanditsi:

Ukwicuza gukomeye ku munyamideli Kirabo Kisitu nyuma y'amashusho y'urukozasoni ye yagiye hanze

Umunyamideli w'icyamamare muri Uganda, Kirabo Kisitu, yagaragaje agahinda n'ukwicuza gukomeye nyuma y'uko amashusho ye yihariye yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, ibintu byakuruye impaka n'ibitekerezo byinshi mu gihugu cye no hanze yacyo.

Kuva mu ijoro ryo ku wa 8 Kamena 2026, ayo mashusho yatangiye gusakara cyane cyane ku mbuga zikoreshwa n'abaturage ba Uganda, aho benshi batangajwe no kubona uwo munyamideli uri mu bakobwa bazwi cyane muri iki gihugu agaragara mu mashusho yafatiwe mu mwanya wihariye, agaragaza ubwambure bwe.

Nyuma y'uko ayo mashusho akomeje gukwirakwira, Kirabo Kisitu yahisemo kuvugira ku mugaragaro ibyabaye, ashyira ubutumwa kuri konti ye ya X aho yasabye imbabazi abantu bose bayabonye cyangwa se bagizweho ingaruka n'ikwirakwizwa ryayo.

Yasobanuye ko ayo mashusho yafashwe kandi agasangirwa mu buryo bw'ibanga hagati y'abantu bari bayafitiye uburenganzira, atari agamije ko ajya hanze cyangwa ngo arebwe n'abantu benshi.

Yavuze ko kuba yaragiye hanze byamubabaje cyane ndetse bikagira ingaruka ku muryango we, inshuti ze n'abandi bose babonye ayo mashusho.

Mu butumwa bwe, Kirabo yavuze ko yemera uruhare rwe mu kuba ayo mashusho yarafashwe, ariko agaragaza ko uburyo yasakajwe nta ruhushya rwe rwabigizemo uruhare. Yongeyeho ko yicuza ububabare cyangwa kutoroherwa ibyo byateje abandi bantu.

Uyu munyamideli yavuze ko ibyamubayeho ari uguhungabanywa gukomeye ku buzima bwe bwite, ashimangira ko gusakaza amashusho cyangwa amafoto yihariye y'umuntu nta burenganzira yabiherewe bidakwiye kwemerwa mu muryango no ku rwego mpuzamahanga.

Yatangaje kandi ko yatangiye gukorana n'inzego zibishinzwe kugira ngo hamenyekane uko ayo mashusho yagiye hanze ndetse hafatwe ingamba zo gukumira ko yakomeza gukwirakwizwa.

Kirabo Kisitu yasabye abantu kureka gukomeza gusangiza (Share) cyangwa kureba ayo mashusho, avuga ko kubikora ari uburyo bwo kubaha ubuzima bwe bwite n'indangagaciro z'ubumuntu.

Yasoje ubutumwa bwe agaragaza ko muri iki gihe yibanze ku kwita ku buzima bwe bwo mu mutwe no gukomeza urugendo rwo kwisuganya nyuma y'iki kibazo.

Yashimiye kandi abantu bose bamweretse urukundo n'ubufasha muri ibi bihe bikomeye, abasaba kumuha umwanya n'ituze mu gihe agikomeje guhangana n'ingaruka z'ibyabaye. 

Amashusho ya Kirabo Kisitu yasakaye cyane mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Kamena 2026 


Kirabo yiseguye ku bagizweho ingaruka n’amashusho ye y’urukozasoni, avuga ko ari gukorana n’inzego zibishinzwe


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...