Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Ubuyobozi bwa BK Pro League
bwatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa Shampiyona y’u Rwanda 2026/2027,
aho biteganyijwe ko izatangira tariki ya 04 Nzeri 2026.
Nk’uko bigaragara kuri Rwanda Premier League
izatangira ku ya 04 Nzeri 2026, imikino ibanza izasozwa tariki ya 22 Mutarama
2027 mbere y’uko amakipe ajya mu kiruhuko gito.
Imikino yo kwishyura izahita itangira tariki ya 05
Gashyantare 2027, naho Shampiyona yose isozwe tariki ya 30 Gicurasi 2027.
BK Pro League yavuze ko iyi ngengabihe yashyizweho
hagamijwe gutuma umwaka w’imikino ugenda neza ndetse amakipe akabona umwanya
uhagije wo kwitegura amarushanwa atandukanye harimo aya CAF n’andi marushanwa
y'imbere mu gihugu.
Al Hilal na Al Merrikh ziaracyahari?
Nyuma y’uko aya makipe yo muri Sudani akinnye uyu mwaka w’imikino muri shampiyona
y’u Rwanda bitewe n’ibibazo by’umutekano biri iwabo bivugwa ko mu mwaka utaha
w’imikino ashobora kuzajya mu kindi gihugu. Bivugwa ko Algeria, Tanzania na Afurika y’Epfo zaba zarasabye aya makipe
ko yajya gukina muri shampiyona z’ibi bihugu.
Kuri ubu ariko nyuma y’uko hasohotse ingengabihe ya
shampiyona itaha byerekanye ko aya makipe ashobora kuzakomeza gukina mu Rwanda.
Kuri iyi ngengabihe ya Rwanda Premier League hariho ko hazakinwa imikino 34
nk’iyakinwe muri uyu mwaka nyuma y’uko amakipe yiyongereye akava kuri 16 akaba
18.
Aya makipe yahagije amakipe asanzwe akina mu Rwanda
dore ko Al Hilal yo ariyo yamaze no kwegukana shampiyona. Aya makipe yo muri
Sudani yishimiye uko yakiriwe n’Abanyarwanda dore ko ajya anabigaragaza binyuze
ku mbuga nkoranyambaga zayo bikaba biri no mu bituma ashobora kuhaguma.


Al Hilal yegukanye umwanya wa mbere muri shampiyona y'u Rwanda ya 2025/2026 ishobora no gukomeza mu mwaka utaha w'imikino
