Ukoresha
Mobile Money – Ukanda kuri telefoni yawe *513#, ugakurikiza amabwiriza kugeza
usoje kugura itike. Gukoresha internet – Unyura ku rubuga www.ticqet.rw ugakora
igikorwa cyo kugura itike ukoresheje uburyo bwo kwishyura butandukanye.
Ni
ubwa mbere Music in Space kigiye kubera mu Rwanda, kikazabera muri Kigali
Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, ku wa 23 Kanama 2025,
mu gice cya Parking.
Iki
gitaramo kizaririmbamo abahanzi bakomeye bo mu Rwanda no hanze yarwo. Mu bo
gutegerejwe harimo:
Abanya-Afurika
y’Epfo barimo Boohle, Touchline Truth, Bizizi & Kaygee D’A King na STU. Abanya-Uganda,
nka Vampino wamamaye kuva mu myaka ya 2000, na Sir Kisoro.
Bjorn
Vido, umucuranzi w’umunya-Danemark uzwi mu mishinga ijyanye no kurengera
ibidukikije.
Abategura
batangaje ko amatike akomeje kugurishwa, hakiriho amahirwe yo kubona ay’imbere:
Regular: 5,000 Frw, VIP: 10,000 Frw mbere y’igitaramo, cyangwa 15,000 Frw ku
muryango ku munsi w’igitaramo, na Table (ameza y’abantu 6): 200,000 Frw
Amatike
yose ashobora kugurwa hifashishijwe USSD code *513# cyangwa urubuga rwa Ticqet.
Iki
gitaramo gitegerejweho kuzahuriza hamwe abafana b’injyana zitandukanye, kikaba
gishobora kuba kimwe mu bikorwa bizasiga amateka mu myidagaduro nyarwanda mu
mwaka wa 2025.
Abahanzi barenga 10 bagiye guhurira mu gitaramo gikomeye kizwi nka ‘Music in Space’ kizaba tariki 23 Kanama 2025 muri Camp Kigali