Uko uruhinja rw’iminsi 18 rwarokoye nyina munsi y’ibikuta byari byarabahezeho kubera umutingito

Imyidagaduro - 29/06/2026 6:04 PM
Share:
Uko uruhinja rw’iminsi 18 rwarokoye nyina munsi y’ibikuta byari byarabahezeho kubera umutingito

Umubyeyi witwa Dayana Patino yarokowe ari kumwe n’uruhinja rwe rw’iminsi 18 nyuma yo kumara amasaha menshi munsi y’ibisigazwa by’inzu yasenywe n’umutingito ikomeje gukora ku mitima ya benshi ku isi ku bw’uruhare uyu mubyeyi avuga ko umwana we yagize.

Dayana Patino yavuze ko umuhungu we Juan David yamubereye isoko y’imbaraga zo gukomeza kubaho. Yagize ati: “Nari niyemeje ko nkiriho igihe cyose n’umwana wanjye yaba akiri muzima. Nahoraga mukora ku mazuru ngo ndebe niba agihumeka.”

Uyu mubyeyi yari ari mu nzu ye yo ku igorofa rya munani mu gace ka La Guaira ubwo imitingito ibiri ikomeye yibasiraga Venezuela, igahitana nibura abantu 1,450, mu gihe abandi ibihumbi byinshi bagishakishwa.

Mu gihe yari afashwe n’ibisigazwa by’inzu, ukuguru kwe kwari kwatsikamijwe n’amabuye, ariko yakomeje kwizera ko azarokoka. Yavuze ko yabonye icyizere ubwo yakoraga kuri Bibiliya yari hafi ye.

Nyuma y’amasaha menshi, yumvise musaza we amuhamagara. Yahise arangurura ijwi, bituma abatabazi bamubona maze bamukuramo ari kumwe n’umwana we.

Dayana yakomeretse amaguru yombi, mu gihe Juan David yakomeretse byoroheje. Umugabo we Gerson yavuze ko kongera kubona umugore n’umwana we ari bazima byari “igitangaza”.

Nubwo inzu yabo n’ibintu byose byangiritse, uyu muryango watangaje ko witeguye kongera kubaka ubuzima bushya, uvuga ko icy’ingenzi ari uko bakiri bazima.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...