Uko The Ben yatumye Nattyva akorana na Kenny K Shot mu ndirimbo ‘I Do’ – VIDEO

Imyidagaduro - 23/02/2026 5:30 PM
Share:

Umwanditsi:

Uko The Ben yatumye Nattyva akorana na Kenny K Shot mu ndirimbo ‘I Do’ – VIDEO

Umuhanzikazi Nattyva yahishuye ibanga ryihishe inyuma yo gukorana na Kenny K Shot ariko rishingiye ku nama yagiriwe n’umuhanzi The Ben ubwo yajyaga gutaramira mu gihugu cya Canada.

Muri Gashyantare 2025, The Ben yakoreye igitaramo muri Canada mu mujyi wa Ottawa cyari kigamije kumenyekanisha album ye “Plenty Love”. Muri icyo gitaramo, yahuriye ku rubyiniro n’umuhanzikazi w’umunyarwanda utuye muri Canada, Nattyva.

Iki gitaramo kirangiye, The Ben yafashe umwanya aganira na Nattyva aho ibiganiro byaganishaga ku guteza imbere umuziki ndetse n’uburyo bwo guhuza umuziki n’indi mirimo abatuye mu bihugu byo hanze baba bafite.

Nattyva yavuze ko bitajyaga bimworohera gukora umuziki kubera inshingano aba afite zirimo no kwita ku muryango we ariko akagerageza gukora ibishoboka byose kubera gukunda umuziki gusa kuganira n’undi muntu ukora umuziki nkawe akumva ko byamunyura.

The Ben yunze mu gitekerezo cya Nattyva cyo gukorana n’abanyarwanda cyane amwibutsa ko umuziki akora awukorera Abanyarwanda kandi byaba byiza abashyize mu bikorwa bye byose.

Ati: “Ben yarambwiye ngo umuziki ukora, mbere na mbere uwukorera abanyarwanda. Ni byiza ko ubashyira mu bikorwa byawe by’umuziki. Ukora indirimbo nziza kandi abanyarwanda benshi baba bacyeneye kuzumva.”

Akomeza agira ati: “Nange nabaye Amerika imyaka myinshi kandi narakomeje ndakora. Uyu muziki dukora, ni urukundo. Inshingano zaba nyinshi ariko ntabwo zakwibagiza urukundo(Umuziki).”

Nattyva nubundi wari ufite gahunda zo gukorana n’abanyarwanda kuva kera na kare, yumvishe ko izo nama yari yarigiriye ari iz’ukuri hanyuma ahita ashaka uko yakorana n’umuhanzi w’umunyarwanda aho gukorana na ba producers.

Nyuma yo kumva abahanzi bo mu Rwanda bagezweho, yaje kumva indirimbo yifuzaga gukora ijyanye neza n’imiririmbire ya Kenny K Shot hanyuma amusaba ko bakorana indirimbo, undi nawe arabyemera, bakorana indirimbo ‘I Do’.

The Ben yibukije Nattyva ko umuziki ari urukundo amusaba ko atacika intege ahubwo abanyarwanda bamutegerejeho byinshi

Nattyva avuga ko n'ubwo aba afite inshingano nyinshi zo kwita ku muryango ariko agomba gukora umuziki no kudatenguha abafana be

Reba amashusho y'indirimbo 'I Do' ya Nattyva na Kenny K Shot

Dore incamake y'uko Nattyva yitwaye mu gitaramo yahuriyemo na The Ben 





Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...