Uko Romario yinjije Kazungu Claver mu itangazamakuru-VIDEO

Imikino - 28/11/2025 4:55 PM
Share:

Umwanditsi:

Uko Romario yinjije Kazungu Claver mu itangazamakuru-VIDEO

Umunyamakuru wa Isango Star ubimazemo igihe, Gakuba Romario, yahishuye uko ari we winjije Kazungu Claver ukorera SK FM mu itangazamakuru gusa nyuma nawe akaza kumufasha kubona akazi.

Ibi ni bimwe mu byo yagarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda. Yavuze ko ubwo yakoraga kuri Contact FM muri 2005 uwari umuyobozi wayo yamusabye gukora mu bintu byinshi gusa akamubwira ko muri siporo yashaka undi bazajya bakorana.

Ati: "Albert Rudatsimburwa wari umuyobozi arambwira ngo rero tugukeneye muri byinshi. Nari maze no gutangiza ikiganiro cy’igiswahili kitwa "Mambo Vipi", ubwo rero arambwira ngo uzashake n’undi muntu wagufasha muri Siporo kuko tugukeneye mu makuru, tugukeneye muri siporo, rero n’ubona undi muntu wagufasha uzamuzane”.

Romario yavuze ko yajyaga yumva Kazungu Claver yagiye gukora ubusesenguzi kuri Radio Rwanda bityo aza kumutumaho umuntu ngo amubwire azagende bakorane kuri Contact FM noneho mu buryo bw’akazi.

Ati: ”Icyo gihe najyaga numva Kazungu akora ubusesenguzi kuri Radio Rwanda akorana na Yves Bucyana noneho nza kubwira umuyobozi nti 'hari umuntu nzi hariya dushobora kuba twafatanya'. Kuko umuyobozi yari yambwiye ngo wowe umuntu uzazana nta kindi nzavugana nawe ni umushahara agahita asinya agatangira. Ubwo rero Kazungu mutumaho umuntu witwa Karekezi, araza avugana n’umuyobozi atangira akazi. Yakoraga ubusesenguzi bisanzwe ariko itangazamakuru yaritangiye icyo gihe”.

Romario ukorera Isango Star muri siporo avuga ko kuri Contact FM yahagiriye ibihe byiza akorana na Kazungu Claver. Ati: ” Kuri Contact ni ahantu nagiriye ibihe byiza, imikino ikomeye narayogeje ndi kumwe na Kuzungu. Ntabwo nzibagirwa umukino twogezanyije w’u Rwanda na Nigeria banganya 1-1. Icyo gihe nagiranye ibihe byiza na Kazungu cyane cyane mu kogeza imipira”.

Yavuze ko nawe nyuma yo kuva kuri Contact FM, Kazungu Claver we wari ukihakora nawe yamurangiye akazi kuri City Radio. Ati: ”Njyewe nari naravuye kuri Contact FM noneho Kazungu nawe aza kumfasha kubona akazi kuri City Radio. Yabwiye uwitwa Ndemezo Denis wari umuyobozi waho aramubwira ngo hariya hari umunyamakuru umaze iminsi nta kazi afite. Ubwo ndagenda bampa akazi gutyo mpabwa akazi kubera Kazungu nk'uko nanjye nari naramurangiye kuri Contact FM”.

Romario avuga ko Kazungu Claver ari umugabo yubaha cyane dore ko bakoranye neza ndetse ko atakwibagirwa ibyo yamukoreye nk'uko nawe atakwibagirwa ibyo yamukoreye.

Nyura hano wumve ikiganiro kirambuye twagiranye na Romario aho agaruka ku birimo uko yinjije Kazungu Claver mu itangazamakuru

 



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...