Uko Real Madrid yakererewe kugera aho iri bukinire na Paris Saint-Germain

Imikino - 09/07/2025 9:03 AM
Share:

Umwanditsi:

Uko Real Madrid yakererewe kugera aho iri bukinire na Paris Saint-Germain

Ikipe ya Real Madrid yatinze kugera aho ikinira na Paris Saint-Germain ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi cy’ama-Club uba kuri uyu wa Gatatu bitewe n’indege yabo yatinze guhaguruka kubera umuyaga mwinshi.

Kuri uyu wa Gatatu saa Tatu z’ijoro kuri MetLife Stadium i New Jersey ni bwo ikipe ya Real Madrid ikina na Paris Saint-Germain muri ½ cy’igikombe cy’Isi cy’ama-club kirimo kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Iyi kipe ubwo yari igiye kuva i Miami aho yari iri nyuma yo kuva New York aho yakiniye umukino wa ¼, yatindijwe n’umuyaga mwinshi wari muri muri uyu mujyi bituma inasiba ibikorwa bitandukanye birimo n’ikiganiro n’itangazamakuru.

Umutoza w’iyi kipe, Xabi Alonso n’abakinnyi, Thibaut Courtois na Federico Valverde bagombaga kuba baragiranye ikiganiro n’itangazamakuru saa Mbiri n’iminota 15 gusa byarangiye batakitabiye dore ko bageze i New Jersey saa Mbiri n’iminota 52.

Amategeko ya FIFA avuga ko iyo kipe ititabiriye ikiganiro n’itangazamakuru muri iki gikombe cy’isi cy’ama-Club ifatirwa ibihano gusa byitezwe ko Real Madrid yo ntabyo iri bufatirwe bitewe n’uko atari ibibazo byayiturutseho.

Real Madrid yageze aho ikinira na PSG itinze kubera umuyaga mwinshi



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...