Iyi
ndirimbo yasohotse ku Cyumweru tariki 8 Kamena 2025, iri no mu zigize Album ya
mbere ya Afrique yise ‘N2STAY’ izajya hanze mu byumweru bibiri biri imbere.
Mu
kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Producer akaba n’umujyanama wa Afrique, Niz
Beat, yavuze uko iyi ndirimbo yanditswe byoroshye cyane bitewe n’uko Mico The
Best yatanze ibitekerezo by’ingirakamaro ndetse akanafasha mu kuyandika.
Ati
“Afrique yari muri studio, hanyuma Mico The Best aza kwa Producer Loader aho
twakoraga kuko nawe yari ahafite gahunda. Nta gahunda yari afitanye na Afrique.
Ni kwa kundi usanga umuntu ari gukora indirimbo ukamwumva, ukamuha ibitekerezo.
Mico yasanze batangiye kuyikora, atangira gufasha Afrique ku buryo bumwe na
bumwe, hari amagambo yamwandikiye, abandi amuha igitekerezo. Byarafashije
cyane.”
Afrique
aherutse gutangaza ko Album ‘N2STAY’ igizwe n’indirimbo zigaruka ku nkuru
z’urukundo n’izindi nyigisho abantu bazishimira. Yavuze ko yahisemo izina (N2STAY) kuko rifite ibisobanuro bibiri.
Ati
“Risobanura kuba uri ahantu kubera urukundo, utiteguye kuhava, cyangwa gukora
ibintu udafite gahunda yo kubireka. Ni nk’ubuzima ubayeho ugambiriye kugumamo.”
Uyu
muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo Agatunda, yavuze ko yahaye agaciro imyandikire
y’izina rya Album ye kugira ngo rimere nk’irivuga ku muntu wese. Yagize ati: “Ni
izina natekerejeho igihe kinini. Ni ijambo umuntu wese ashobora kumva vuba no
kwiyumvamo.”
Uyu
muhanzi yatangaje ko azashyira hanze urutonde rw’indirimbo zigize Album ye
ndetse n’abahanzi bayirimo, barimo abaturuka muri Uganda, u Burundi ndetse na
ba Producer b’ahandi.
Yagize
ati: “Nagiye nshyira imbere ubucuti dufitanye n’impano zabo. Iyo uri kumwe
n’umuntu mwumva kimwe, indirimbo iraryoha kandi n’Abanyarwanda bazayumva neza.”
Afrique
yavuze ko gusohora iyi Album ya mbere ari intambwe ikomeye mu rugendo rwe
rw’umuziki: Ati “Ni nk’uko umugore abyara bwa mbere. Iyo Album irasohotse uba
wumva ushimishijwe n’umusaruro w’akazi wakoze igihe kirekire. Ni nayo mpamvu
mvuga ko ari nk’imfura yanjye mu muziki.”

Afrique
yasohoye indirimbo ‘Sesa’ yifashijemo Mico The Best mu myandikire

Mico
the Best yatanze ibitekerezo mu ikorwa ry’iyi ndirimbo, ndetse hari amwe mu
magambo yandikiye Afrique
KANDA
HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SESA’ YA AFRIQUE
