Uko Messi yahuye na Yamal ari uruhinja mu myaka 19 ishize, bakaba bagiye guhurira kuri Finali y'Igikombe cy'Isi

FIFA - Igikombe cy'Isi 2026 - 17/07/2026 9:59 AM
Share:

Umwanditsi:

Uko Messi yahuye na Yamal ari uruhinja mu myaka 19 ishize, bakaba bagiye guhurira kuri Finali y'Igikombe cy'Isi

Hari amafoto afatwa akabikwa nk'urwibutso rusanzwe, ariko nyuma y'imyaka akaza guhinduka amateka adasanzwe. Ni ko byagenze ku ifoto yafashwe mu Ukuboza 2007 igaragaza Lionel Messi ateruye uruhinja rwari rufite amezi atanu gusa aho urwo ruhinja ari Lamine Yamal, umwe mu bakinnyi bakomeye ku Isi muri iki gihe.

Mu gihe isi yose itegereje umukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cya 2026 uzahuza Espagne na Argentine, iyi foto yongeye kuvugisha benshi kuko aba bakinnyi bombi bagiye guhura bwa mbere bahanganye mu kibuga.

Joan Monfort wafotoye iyi foto yavuze ko gufata iyi foto bitari byoroshye kuko Messi icyo gihe yari umusore ugira isoni, na Yamal akaba yari akiri uruhinja.

Yagize ati: "Byari bigoye. Messi yari atuje cyane, ari kumwe n'uruhinja mu kantu ko koga. Mu ntangiriro nta mikoranire myinshi yari ihari, ariko uko umwanya wagendaga ushira ibintu byaje kugenda neza, biba ifoto nziza."

Iyi foto yafashwe mu rwego rwa kalendari y'ibikorwa by'urukundo yateguwe na FC Barcelona ifatanyije n'ikinyamakuru Diario Sport, aho amafaranga yavuyemo yafashaga UNICEF n'indi miryango yita ku bana muri Catalonia.

Muri icyo gikorwa, buri mukinnyi wa FC Barcelona yafotorwaga ari kumwe n'umwana umwe. Mu bana benshi bitabiriye icyo gikorwa, amafoto yabo yaje kwibagirana, ariko irya Messi na Lamine Yamal ryabaye iridasanzwe kubera amateka ryaje gukora.

Mu 2007, Messi yari afite imyaka 20 gusa. Nubwo yari amaze gutwara ibikombe bibiri bya La Liga na UEFA Champions League, yari ataratangira kuganza umupira w'amaguru nk'uko byaje kugenda nyuma, aho yegukanye Ballon d'Or umunani ndetse akitwa umwe mu bakinnyi beza kurusha abandi mu mateka.

Monfort yavuze ko icyo gihe nta muntu wari gutekereza ko uruhinja yafotoye ruzaba umwe mu bakinnyi bakomeye ku Isi. 

Ati: "Ni ibintu bitangaje. Nta muntu wari kubasha gutekereza ko uyu mwana azagera aho ageze uyu munsi. Ndetse na Messi ubwe icyo gihe nta wari uzi ko azahinduka icyamamare nk'uko byagenze. Ni amateka yateguwe n'ibihe."

Nyina wa Lamine Yamal, Sheila Ebana, ni we wafashije cyane muri icyo gikorwa kuko ari we wari witaye ku mwana igihe Messi yamuteruraga ndetse akamwoza mu mafoto yafashwe.

Uyu muryango wari wakoze urugendo rurerure uvuye i Mataró ujya kuri Stade ya Camp Nou kugira ngo umwana wabo yitabire icyo gikorwa.

Monfort yavuze ko buri gihe yakundaga guha imiryango amafoto yafashe kugira ngo ayabike nk'urwibutso. Yagize ati: "Ababyeyi ni bo bishimiraga cyane ayo mafoto. Bari bakoze urugendo rurerure bafite uruhinja, bityo numvaga bakwiye gusigarana urwibutso rwiza."

Nyuma y'imyaka irindwi, mu 2014, Lamine Yamal yinjiye mu ishuri ry'umupira rya La Masia rya FC Barcelona, ari na ryo ryareze Messi.

Mu 2023 yakoze amateka yo gukinira ikipe ya mbere ya Barcelona afite imyaka 15 gusa, nyuma gato ahamagarwa mu ikipe y'igihugu ya Espagne.

Mu 2024 yafashije Espagne kwegukana Igikombe cy'u Burayi, naho ubu ni umwe mu bakinnyi bayoboye iyi kipe mu Gikombe cy'Isi cya 2026.

Ikindi gituma iyi nkuru irushaho kuba idasanzwe ni uko Yamal ubu yambara nimero 10 muri FC Barcelona, nimero yambawe na Lionel Messi mu gihe yamaze muri iyi kipe.

Iyi foto yongeye kwamamara mu mwaka wa 2024 nyuma y'uko se wa Lamine Yamal, Mounir Nasraoui, ayisangije ku mbuga nkoranyambaga, ibintu byatunguranye abantu benshi.

Monfort yavuze ko na we byamutunguye cyane ubwo mugenzi we yamuhamagaraga amubwira ko uruhinja ruri muri iyo foto ari Lamine Yamal. Ati: "Yanyoherereje iyo foto, ndamubaza nti 'Uyu mwana ni nde?' Ahita atangira guseka arambwira ati 'Ni Lamine Yamal'. Nanjye byarantunguye cyane."

Uyu mufotozi yavuze ko mu mafoto ibihumbi yafashe mu buzima bwe, irya Messi ateruye Lamine Yamal ariyo yamamaye kurusha ayandi yose. Yasoje agira ati: "Niba Lamine Yamal akomeje gutera imbere nk'uko bimeze ubu, iyi foto izarushaho kugira agaciro mu mateka y'umupira w'amaguru. Ni nk'uwatsindiye tombola kuko amahirwe y'uko ibi byose byabaho yari make cyane."

Mu gihe Lionel Messi ashobora kuba ari gukina Igikombe cy'Isi cya nyuma mu buzima bwe, Lamine Yamal we ari gutangira urugendo rwe rwo kwandika amateka.

Kuba barigeze guhura umwe ateruye undi akiri uruhinja, none bakaba bagiye guhatanira igikombe gikomeye kurusha ibindi ku Isi, ni imwe mu nkuru zidasanzwe umupira w'amaguru izahora wibuka.

Lamine Yamal agiye guhurira mu kibuga na Lionel Messi

Lionel Messi agiye guhurira mu kibuga na Lamine Yamal yogeje akiri uruhinja


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...