Uko inganzo yabaye intwaro y'urugamba, umusangiro wahuje The Ben na Bruce Melodie - Massamba Intore yabivuye imuzi

Imyidagaduro - 10/07/2026 9:41 AM
Share:

Umwanditsi:

Uko inganzo yabaye intwaro y'urugamba, umusangiro wahuje The Ben na Bruce Melodie - Massamba Intore yabivuye imuzi

Mu gihe u Rwanda rukomeje kwizihiza imyaka 32 rumaze rwibohoye, umuhanzi w'inararibonye Massamba Intore yagaragaje ko amateka y'urugamba rwo kubohora, ajyana n’uruhare rw'ubuhanzi n'inganzo mu gukangurira Abanyarwanda kwitanga no gushyigikira urugamba rwahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Massamba yavuze ko indirimbo, imbyino n'ubuhanzi muri rusange byabaye imwe mu ntwaro zifashishijwe mu kubaka icyizere, gushishikariza urubyiruko no gukusanya inkunga yafashije urugamba rw'Inkotanyi.

Ibi yabigarutseho mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 9 Nyakanga 2026, ubwo yari yatumiwe mu gitaramo cya Gen-Z Comedy cyabereye muri Camp Kigali, aho yaganirije urubyiruko ku mateka y'urugamba rwo kubohora, anarusangiza ubunararibonye bwe nk'umwe mu bahanzi bagize uruhare muri urwo rugendo.

Mu kiganiro cye, yavuze ko mbere na mbere hari abantu bakwiye gushimirwa kubera uruhare bagize mu kubohora igihugu.

Yavuze ati: "Nagirango mbasabe mwese mumpere amashyi Inkotanyi. Inkotanyi ni zo zabohoye uru Rwanda. None turishimye, turi Gen-Z dufite byinshi. Nabasabaga ko muhamagaruka tugakomera amashyi Perezida Paul Kagame."

"Twifashishaga inganzo kuko ari yo yari umuyoboro ukomeye"

Massamba yavuze ko igihe urugamba rwatangiraga, benshi mu Banyarwanda bari mu mahanga bumvaga ko u Rwanda rwabohowe rwari kuzahita ruba paradizo, ariko ngo inyuma y'ibyo byifuzo hari hakenewe ubwitange n'uruhare rwa buri wese.

Yagarutse ku rugendo rwe bwite, avuga ko icyo gihe yari atuye mu Burundi, afite ubuzima bwiza ndetse n'akazi kamwinjirizaga amafaranga, ariko afata icyemezo cyo kubireka akajya gutanga umusanzu mu rugamba.

Yagize ati: "Byatangiye ari nk'amata n'ubuki. Twumvaga ko nitugera mu Rwanda tuzabona nk'igiti twagitema kikavamo amata n'ubuki tukishima. Ariko mu kwitegura icyo kintu kwari ukugira ngo tugukundishe igihugu."

Yakomeje avuga ko yataramanye n’Itorero Indahemuka, ryari rifite inshingano zo gukoresha ubuhanzi nk'igikoresho cyo gukangurira Abanyarwanda gutanga inkunga no kwinjira mu rugamba.

Ati "Nari umusore umeze neza, nkorera amafaranga menshi, ndi umusitari, ariko naje kwiyemeza ndagenda. Mu byo nari nshinzwe harimo no gukorana n’Itorero Indahemuka. Kwari ugushishikariza Abanyarwanda kugira ngo tubone inkunga ifasha urugamba."

Avuga ko abayobozi b'urugamba bari barabonye ko hari bamwe mu bahanzi bafite ijambo rikomeye mu baturage, bityo bahitamo kubifashisha.

Akomeza ati "Bavuze bati reka dufate aba basitari nka Kamaliza, Massamba, Mariya Yohana n'abandi. Turabikora, icyo gihe twaririmbaga ziriya ndirimbo zose zituma urubyiruko rubyiyumvamo."

Bahererekanyaga ubutumwa mu ndirimbo no mu bitaramo

Massamba yavuze ko we na bagenzi be batarangiraga ibikorwa byabo mu gihugu kimwe gusa, ahubwo bazengurukaga ibihugu bitandukanye birimo u Burundi, Uganda, Tanzania na Kenya, aho bakoreraga ibitaramo byo gukusanya inkunga no gukomeza gukangurira Abanyarwanda gushyigikira urugamba.

Yasobanuye ko icyo gihe ubuhanzi bwari uburyo bwihuse kandi bukomeye bwo kugeza ubutumwa ku bantu benshi.

Ati: "Ntawundi muyoboro wari kubaho atari umuyoboro w'inganzo. Inganzo twarayikoze, turayigendana, abantu barayoboka, baratabara, bazana amafaranga."

Yavuze ko hari n'igihe bajyaga gusanga abasirikare ku rugamba, bakabaririmbira indirimbo zabongeraga imbaraga n'icyizere cyo gukomeza urugendo rwo kubohora igihugu.

Yungamo ati "Hari igihe twajyaga nko ku Murindi, tugahasanga abasirikare, tugakorana ziriya ndirimbo zose."

Yongeyeho ko ibitaramo byinshi bakoze muri ibyo bihugu byose byari bifite intego imwe rukumbi: gushaka ubushobozi bwo gufasha urugamba.

"Uyu munsi ibitaramo byiza ni umusaruro w'umutekano"

Massamba yavuze ko iyo arebye aho igihugu kigeze uyu munsi, cyane cyane uburyo ibitaramo bikomeye bitegurwa kandi bikitabirwa n'abantu benshi bafite umutekano, abona ari kimwe mu bimenyetso by'ibyagezweho nyuma yo kubohora igihugu.

Yashimye abagize uruhare mu gutegura Summer Country Tour, igitaramo cyazengurutse uturere dutandukanye tw'u Rwanda, avuga ko cyerekanye urwego igihugu kigezeho.

Yagize ati "Mwakoze ibintu byiza cyane bisukuye. Yewe n'abantu b'i Burayi bari kuntumira bambwira ko bari kubona ibintu mwakoze."

Yahise agaragaza ko asanzwe azi Alex Muyoboke kuva akiri umunyeshuri muri Kaminuza, avuga ko yamubonanye ubushake bwo guteza imbere umuziki nyarwanda kuva kera.

Ati "Muyoboke ndamuzi kuva cyera akiri muri Kaminuza. Turwana intambara kugira ngo turebe abandi bahanzi bazadusigariraho."

Yanibukije ko Alex Muyoboke afatanyije na David Bayingana ari bo bateguye kimwe mu bitaramo bikomeye yakoreye muri Kaminuza y'u Rwanda, avuga ko cyagenze neza kandi kikagira uruhare mu rugendo rwe rw'umuziki.

Massamba yavuze ku mubano wa The Ben na Bruce Melodie

Mu gusoza ikiganiro cye, Massamba Intore yanakomoje ku ngingo imaze imyaka iganirwaho n'abakunzi b'umuziki nyarwanda, ivuga ku mubano wa The Ben na Bruce Melodie.

Mu gihe hari abakunze kubafata nk'abahanzi bahora bahanganye, Massamba yavuze ko ibyo abonye ku giti cye bitandukanye cyane n'ibivugwa.

Yavuze ko yababonye basabana nk'inshuti, baganira kandi bahoberana, bityo asanga hari igihe abafana bakabya guhangika amakimbirane hagati yabo.

Yagize ati: "Nagirango dushimire The Ben na Bruce Melodie. Ibyo mwe mwita guhangana, sindabona abantu b'inshuti nkabo. Mu bitaramo nka bibiri nabonye, sindabona abantu b'inshuti, bicaranye, bakaganira, bagasanira. Nari mpibereye bahobera cyane."

Aya magambo ye yongeye kwerekana ko n'ubwo abafana bakunze kubashyira mu marushanwa, abo bahanzi ubwabo bakomeje kubana neza no gusangira mu bihe bitandukanye.

Mu butumwa bwe bwose, Massamba Intore yagaragaje ko inganzo yabaye umuyoboro ukomeye wubatse icyizere, igahuza Abanyarwanda ndetse igatanga umusanzu mu rugamba rwo kubohora igihugu.

Yasabye urubyiruko rw'iki gihe gukoresha impano zarwo mu kubaka igihugu no gukomeza gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho, avuga ko iyo igihugu gifite amahoro n'umutekano, ari bwo ubuhanzi, umuco n'ibindi bikorwa by'iterambere bishobora gutera imbere.

Massamba Intore yashimye Alex Muyoboke ku bw'uruhare rwe mu gutegura ibitaramo 'Summer Country Tour'. Ubanza i buryo, ni Fally Merci utegura ibitaramo bya Gen-z Comedy

Massamba yavuze ko ari kumwe na Mariya Yohani, 'Kamaliza' n'abandi bakoresheje inganzo mu rugamba rwo kubohora Igihugu

Umukondo Gatore yataramiye abantu binyuze mu ndirimbo ye 'Intore Bavuga'

Imbere y'abana be, Massamba Intore yagaragaje ko inganzo ye ikomeje kurandaranda hirya no hino ku Isi

Mucyo Icyogere Alvin [Umuhungu wa Massamba, ubanza ibumoso] ni umwe mu bakinnyi ba APR BBC

Umubyinnyi Mpuzamahanga, Titi Brown yataramiye abakunzi be binyuze mu ndirimbo 'Urare' aherutse gushyira hanze

Umunyarwenya 'Mitsustu' yasabye abantu kumufasha akabona ubushobozi bwo kuvuza umuvandimwe we umaze igihe arembye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...