Uko Element yateguye Kompressor akamubera umusimbura mwiza muri 1:55 AM - VIDEO

Imyidagaduro - 02/06/2026 8:20 AM
Share:

Umwanditsi:

Uko Element yateguye Kompressor akamubera umusimbura mwiza muri 1:55 AM - VIDEO

Mu ruganda rw’umuziki nyarwanda, hari inkuru nyinshi z’abahanzi cyangwa aba Producer bageze ku ntsinzi kubera impano zabo. Gusa hari n’izindi nkuru zigaragaza uburyo umuntu umwe ashobora guhindura ubuzima bw’undi amufungurira amarembo atari yaratekereje ko yazageramo.

Ishimwe Habimana Olga uzwi nka Producer Kompressor, ni umwe mu basore bakiri bato bamaze kwigaragaza mu gutunganya indirimbo muri studio ya 1:55 AM. Iyo arebye aho urugendo rwe rwatangiriye n’aho rugeze uyu munsi, agaruka cyane ku ruhare rwa Producer Element, wamubereye ikiraro cyamugejeje ku nzozi ze.

Uyu musore wavukiye mu Karere ka Nyanza, yize amasomo ya MPC (Imibare, Ubugenge n’Ubutabire), mbere yo gukurikira inzozi ze zo gutunganya umuziki muri Agahozo Shalom Youth Village i Rwamagana.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Kompressor yavuze ko ubucuti bwe na Producer Element bwatangiye mu buryo bworoheje, ariko bugenda bubyara amahirwe akomeye yamuhinduriye ubuzima.

Ati: “Bwa mbere nahuye na Element byaturutse ku rugendo shuri twakoze turi abanyeshuri. Twari twaje gusura aba Producer i Kigali kugira ngo turebe uko bakora. Icyo gihe twamusanze agikora muri Country Records.”

Ni urugendo rwari rugamije gufasha abanyeshuri kumenya byinshi ku mwuga wo gutunganya umuziki. Nubwo bari benshi, Kompressor avuga ko hari ikintu cyatumye Element amwibuka kurusha abandi.

Ati: “Twamwumvishije indirimbo zitandukanye twakoraga turi ku ishuri, ariko mu banyeshuri bose twari kumwe ni njye wabashije kugumana umubano na we. Nibuka ko namubwiye ko nitwa Kompressor, ahita ambwira ati ‘ufite izina ryiza’. Ntekereza ko byatumye anyibuka byoroshye.”

Nyuma y’uko guhura bwa mbere, ntabwo umubano wabo wahise urangirira aho. Element yongeye gusura Agahozo Shalom mu 2022 ari kumwe na Juno Kizigenza, wari ugiye kumurika album ye “Yaraje”. Icyo gihe Kompressor yari akiri umunyeshuri, ariko yakomeje kwegera umuntu yabonagamo icyitegererezo.

Mu 2023, nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye, amahirwe yari amaze igihe yubakwa bucece yatangiye kwigaragaza. Element yongeye kumwiyegereza amuhuza na Coach Gael, umwe mu bafite izina rikomeye mu gucunga no guteza imbere impano z’abahanzi mu Rwanda.

Ni intambwe Kompressor afata nk’iy’ingenzi cyane mu buzima bwe. Kompressor avuga ko adafata Element nk’umuntu wamuhaye akazi gusa, ahubwo nk’umwarimu yakuyemo amasomo menshi akomeje kumufasha kugeza n’uyu munsi.

Ati: “Isomo rya mbere namwigiyeho ni uguhora ushaka ibishya. Element yatangiye gukora cyane kuva mu 2020, ariko n’uyu munsi aracyari ku rwego rwo hejuru. Hari benshi batangiranye urugendo na we batakigaragara nk’uko we akigaragara. Ikindi namwigiyeho ni uburyo bwo kubana no gukorana n’abahanzi.”

Nubwo izina rya Element rikunze kuvugwa cyane mu ndirimbo nyinshi zakunzwe mu myaka yashize, Kompressor we yahawe inshingano zikomeye zo gukomeza umurage yari asize muri 1:55 AM.

Igihe Element yafataga icyemezo cyo gutangira ibikorwa bye bwite muri studio ye, Kompressor ni we wasigaranye inshingano zo gukomeza ibikorwa byo gutunganya umuziki muri iyi label.

Kuba yarageze mu mwanya wari warasizwe n’umwe mu ba Producer bakomeye mu gihugu ntabwo byari ibintu byoroshye. Byamusabye gukora cyane no guhora yiyubaka kugira ngo yigarurire icyizere cy’abahanzi ndetse n’abayobozi b’iyi nzu ifasha abahanzi.

Uyu musore avuga ko nubwo urugendo rugikomeje, yishimira ko amaze kwerekana ko ashoboye guhagarara muri uwo mwanya.

Kompressor kandi ntiyibagirwa gushimira Coach Gael wamwakiriye nk’umwana w’umuryango wa 1:55 AM, akamugirira icyizere cyo gukora akazi kari gasanzwe gakorwa n’umuntu wari ufite ubunararibonye n’izina rikomeye.

Ati "Ndamushimira cyane Coach Gael, kuko byari gushoboka ko Coach Gael anzana ariko we ntanyiyumvemo, cyangwa se niduhuze tukaba twatandukana. Ariko, ni umubyeyi baranyakiriye, bamfata nk'umwana mu rugo, nyine ninjira mu muryango."

Inkuru ya Kompressor ni imwe mu zigaragaza ko impano iyo ihuye n’amahirwe ndetse n’abantu bayizera, ishobora gutanga umusaruro urenze uko benshi babyibwira.

Kuva ku ntebe y’ishuri muri Agahozo Shalom kugeza muri studio ya 1:55 AM, urugendo rwe rugaragaza ko rimwe na rimwe umuntu umwe ashobora ku kubona mbere y’abandi ashobora guhindura amateka yawe.

Kuri Kompressor, uwo muntu yabaye Producer Element; umuntu atatinya kuvuga ko yamubonye akiri muto, akamwubakira icyizere, kugeza ubwo amusigiye intebe ikomeye muri imwe mu label zikomeye mu muziki nyarwanda.


Producer Kompressor yatangaje ko amahirwe yo kwinjira mu batunganya indirimbo yayabonye nyuma y’urugendo shuri yagiriye muri studio ya Country Records aho Element yakoreraga

Kompressor avuga ko Element yamuciriye inzira yamugejeje ku gukorana na Coach Gael muri 1:55 AM

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA PRODUCER KOMPRESSOR


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...