Uko Element na Papa Cyangwe banzuye gukura Bruce Melodie mu ndirimbo ‘Kuntsutsu’ - VIDEO

Imyidagaduro - 22/05/2025 9:37 AM
Share:

Umwanditsi:

Uko Element na Papa Cyangwe banzuye gukura Bruce Melodie mu ndirimbo ‘Kuntsutsu’ - VIDEO

Umuraperi Abijuru King Lewis uzwi cyane nka Papa Cyangwe, yagaragaje impamvu nyamukuru yatumye afata icyemezo gikomeye cyo gukura Bruce Melodie mu ndirimbo ‘Kuntsutsu’, akamusimbuza Juno Kizigenza. Ni icyemezo yafashe mu Ukwakira 2020, mu gihe yiteguraga gufata amashusho y’iyi ndirimbo.

Iyi ndirimbo yasohotse ku wa 25 Ugushyingo 2020, ihita ikundwa cyane ndetse iracyumvikana hirya no hino mu gihugu. Yagize uruhare runini mu kumenyekanisha Papa Cyangwe no kumufasha kwinjira mu bakunzwe mu njyana ya Hip Hop.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Papa Cyangwe yavuze ko igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo cyaturutse kuri Bruce Melodie, wari waramugiriye inama yo gukoresha ijambo ‘Kuntsutsu’, kuko yari yararimwumvanye kenshi mu biganiro bitandukanye kuri YouTube.

Yagize ati “Ni Bruce Melodie wambwiye ngo nakore indirimbo yitwa ‘Kuntsutsu’. Ni ijambo yari yarakunze kumva ndivuga. Twari kumwe kwa Element ubwo twatangiraga kuyikoraho, ndetse Bruce ni we waririmbye bwa mbere muri iyo ndirimbo.”

Papa Cyangwe yakomeje avuga ko Bruce Melodie ari nawe wabaye imvano yo gukorana n’umuraperi Racine, wamufashije kwandika amagambo y’indirimbo.

Yemeza ko Racine ari umuhanga, ku buryo yakoresheje amagambo y’indirimbo azimije ku buryo “uwumva wese atahita amenya ibyo twashakaga kuvuga.”

Nyuma yo kurangiza igice cya ‘Audio’, Papa Cyangwe yatangiye kwitegura gufata amashusho, ariko Bruce Melodie ntiyaboneka. Icyo gihe ngo yari yagiye ku Kibuye ari kumwe n’umujyanama we Lee Ndayisaba, aho bari bari gufata amashusho y’indirimbo ‘Bado’.

Papa Cyangwe ati “Byari muri Covid-19, kujya mu Ntara byasabaga uruhushya rwihariye. Ibyo Bruce yari yagiye gukora byatumye nanjye ntabasha gukomeza gahunda yanjye. Icyo gihe nari nashyize hanze indirimbo ‘Imbeba’ nakoranye na Igor Mabano, nari ngezweho.”

Ni bwo Papa Cyangwe yicaranye na Producer Element bemeranya ko Bruce Melodie bamukura muri ‘Kuntsutsu’. Babonaga bidakwiriye gusohora indirimbo itarimo amashusho, kandi Bruce Melodie atabonetse.

Yagize ati: “Twaricaye na Element turavuga ngo iyi ndirimbo tuyikore dute? Ko Bruce ataboneka, kandi urwego ariho ntabwo rwakwihanganira gusohora Audio gusa. Element niwe wampamagaye ambwira ati ‘Ese wumva Juno Kizigenza yajya muri iyi ndirimbo?’ Ndamubwira nti nta kibazo, ati ‘Ese utekereza ko Juno yayikora neza?’”

Element yamuhumurije ko Juno Kizigenza ashoboye, ndetse ko anafite ubunararibonye mu ndirimbo bamaze gukorana.

Papa Cyangwe avuga ko ari bwo bwa mbere yahuraga na Juno amaso ku maso, ndetse ni nabwo bwa mbere bavuganye kuri telefoni.

Nubwo Bruce Melodie atigeze amenyeshwa ko yasimbujwe muri iyo ndirimbo, Papa Cyangwe avuga ko atabyakiriye neza. Yagize ati: “Bruce yabibonye ku ndirimbo yasohotse. Ariko urumva yari azi ko atari buboneke. Twashyizemo undi muntu tutabimubwiye, ntabwo yabyishimiye, ariko ntabwo yanabitindaho cyane.”

Kugeza n’ubu, ‘Kuntsutsu’ ikomeje gucurangwa mu bitangazamakuru bitandukanye. Ni indirimbo yashyize Papa Cyangwe ku rundi rwego, kandi igaragaza uruhare rwa Producer Element mu gufasha abahanzi gufata ibyemezo bikomeye mu gihe gikwiye.


Papa Cyangwe yatangaje ko Element ari we wamugiriye inama yo gusimbuza Bruce Melodie mu ndirimbo ‘Kuntsutsu’ ikaririmbamo Juno Kizigenza

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA PAPA CYANGWE

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'KUNTSUTSU' YA PAPA CYANGWA NA JUNO KIZIGENZA


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...