Uko Andy Bumuntu yasimbujwe Element mu gitaramo i Kampala

Imyidagaduro - 09/05/2025 12:19 PM
Share:

Umwanditsi:

Uko Andy Bumuntu yasimbujwe Element mu gitaramo i Kampala

Umuhanzi akaba n’umwe mu bakora ibiganiro bikunzwe ku rubuga rwa YouTube, Gakumba Patrick wamamaye nka Super Manager, yatangaje ko Andy Bumuntu ari we wari wateguwe kuririmba mu gitaramo cyabereye i Kampala muri Uganda, ariko akaza gusimburwa na Element kubera kutaboneka.

Iki gitaramo cyabaye ku wa 28 Ukwakira 2024, kibera ahitwa Lugogo Oval Cricket Ground, inyubako yakira abantu barenga ibihumbi 35, iherereye mu Mujyi wa Kampala muri Uganda.

Super Manager yabwiye InyaRwanda ko ari we wari wahawe inshingano n’umushoramari wateguye iki gitaramo, zo gushaka abahanzi bazagihuriramo, kandi ko Andy Bumuntu ari we wari wifujwe cyane.

Yavuze ati: “Uwateguraga kiriya gitaramo yarampamagaye turavugana, ndamubwira nti njyewe kunjyana muri Uganda ndabyibuka sinjya mbeshya. Yaduhaye amadorali ibihumbi bitatu ($3,000) kuri buri umwe. Bwari ubwa mbere nari ngiye kujyana na Andy Bumuntu,”

Yakomeje avuga ko nyuma yo kuvugana na Andy Bumuntu, uyu muhanzi yamusabye ko bajya bavugana binyuze kuri manager we. Super Manager avuga ko yahamagaye nimero z’uwo mujyanama, ariko ntizigeze zibasha gucamo, bituma atangira gutekereza undi muhanzi wakwisanga muri ako kazi.

Akomeza ati “Buriya Element yagiye mu mwanya wa Andy Bumuntu. Ubundi bari bahisemo njyewe na Andy Bumuntu,”

Super Manager avuga ko yatumiwe muri kiriya gitaramo hashingiwe ku bitekerezo akunze kugarukaho mu biganiro bye, aho ahora asaba urubyiruko gukora cyane no kwihangira imirimo. Ibyo ngo nibyo byatumye umushoramari amugirira icyizere.

Ati “Nabibwiye uwari wadutumiye, arambaza ati: ‘wabona Element?’ Ndavuga nti Yego!”

Yongeyeho ko ubwo yavuganaga bwa mbere kuri telefone na Element, yari ataramukorera indirimbo n’imwe, ariko yakunze imyitwarire ye n’uburyo yitwara mu kazi, ari na byo byatumye amwiyumvamo. Yungamao ati “Element namubonyeho ikinyabupfura no gukunda akazi. Ndizera ko tuzongera guhurira no mu bindi bikorwa.”

Super Manager yasoje avuga ko ubwo bageraga i Kampala, bahahuriye na Coach Gael, maze bagakorana igitaramo cyakunzwe n’abari bitabiriye, kikaba cyaragenze neza.

Andy Bumuntu na Element mu rugendo mu muziki

Andy Bumuntu ni umwe mu bahanzi b’abahanga bazwiho gukora umuziki wuje ubuhanga, umutuzo n’ubutumwa bufasha abawumva kwiyumva no gutekereza.

Yatangiye kumenyekana cyane mu 2018 ubwo yasohoraga indirimbo “On Fire”, yakurikiwe n’iyitwa “Mine”, maze akomeza gutunganya ibihangano byibanda ku rukundo, ubuzima n’amarangamutima y’abantu.

Azwiho kuririmba mu buryo bwa ‘acoustic’ ndetse n’imiririmbire irimo ubuhanga n’ijwi rituje. Mu myaka yashize, Andy Bumuntu yakomeje kugenda yegukana imitima y’abakunzi b’umuziki bitewe n’uburyo ashyira amarangamutima mu bihangano bye.

Element, witwa nyakuri Mugisha Fred, ni umwe mu bahanzi b’abanyarwanda bageze kure mu rugendo rwo kwigaragaza nk’abahanzi bashoboye, nyuma y’imyaka amaze ari Producer.

Izina rye ryamamaye cyane ubwo yatunganyaga indirimbo nka “Fou de Toi”, “Milele” n’izindi zakunzwe cyane, zatumye anatwara ibihembo bitandukanye mu Rwanda no mu Karere.

Mu mpera za 2023, Element yatangiye urugendo rushya nk’umuhanzi, asohora indirimbo ze bwite. Yagaragaje ko atari Producer gusa, ahubwo ko afite n’impano yo kuririmba no kuririmbira imbaga, ndetse ubu ari mu bahanzi bafite igikundiro mu rubyiruko.

Kuba Element yarasimbuye Andy Bumuntu muri Uganda, bishobora kuba byaragize uruhare runini mu kumufasha gukomeza kwigaragaza nk’umuhanzi uhagaze neza muri iki gihe. 

Super Manager yatangaje ko ariwe wahawe ikiraka cyo gushaka abahanzi baririmbiye i Kampala muri Uganda 

Abateguraga kiriya gitaramo bari bifuje Andy Bumuntu ariko ntiyabasha kuboneka


Element yaririmbiye muri Uganda, asimbura Andy Bumuntu, ndetse yahembwe ibihumbi 3$

KANDA HANO UBASHE KUREBA IKIGANIRO CYIHARIYE TWAGIRANYE NA SUPER MANAGER



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...