Uyu
mukinnyi wa filime uri mu bagore bafite izina rikomeye muri sinema nyarwanda,
avuga ko iyo icyemezo kidafatwa icyo gihe, bishoboka ko filime ‘Isezerano
ry’Ikinyoma’ itari kubaho nk’uko abantu bayizi uyu munsi.
Mu
kiganiro na InyaRwanda, Micky yavuze ko mbere yo gutangira iyi filime yari
afite ikindi gitekerezo we na mugenzi we Olivier bari batangiye gushyira ku
mpapuro. Bari bamaze kugera kuri ‘Episode’ ya gatatu, ariko ibintu bihinduka mu
buryo batari biteze.
Ati:
"Nari kumwe n'umusore witwa Olivier, nari mfite igitekerezo mu mutwe
nashakaga ko dukoramo. Turandika, tugeze nko kuri Episode ya Gatatu, aho ahita
ambwira ko dusibe. Twaranditse, tugeze hagati arambwira ati ntabwo iyi filime
izakundwa, ubundi turabisiba."
Micky
avuga ko nyuma yo gusiba ibyo bari bakoze, Olivier yahise amusangiza ikindi
gitekerezo cy’inkuru, bumva bombi bagihurizaho bitabagoye.
Ati:
"Ahita ambwira ati ariko hari inkuru mfite y'indi. Ukuntu tumeze, njye
nawe ikintu cyose tugihurizaho. N'uko twanditse rero 'Isezerano
ry'Ikinyoma'."
Nubwo
bari bamaze kubona inkuru nshya, Micky avuga ko batihutiye kuyijyana mu ifatwa
ry'amashusho. Mbere yo kuyikora babanje kugisha inama abantu basanzwe bafite
ubunararibonye muri sinema, kugira ngo bamenye niba koko ifite ubushobozi bwo
gukundwa.
Abenshi
bamubwiye ko inkuru ifite imbaraga ndetse ishobora kugera kure.
Icyakora,
nubwo ayo magambo yamuteye icyizere, we ubwe ntiyari yizeye ko iyi filime
izarenga izo yari asanzwe afite.
Ati:
"N'uko twayikoze. Noneho yo nabonaga ari filime izaza ntigire ikintu
kinini ikora, ariko yaraje ihita ica kuri filime twari dusanzwe dufite."
Iyo
filime ni yo ‘Isezerano ry’Ikinyoma’, ubu imaze kugera kuri Episode ya 142,
ikaba iri mu zirebwa cyane ku rubuga rwa YouTube.
Yayitangiye
nyuma yo gushinga urugo, mu gihe mbere yari yaramenyekanye cyane binyuze muri
filime y’uruhererekane yise ‘Icyumba cyanjye’.
Micky
asobanura ko kimwe mu byatumye iyi filime ikundwa ari ubutumwa buyikubiyemo
n’uburyo yubakiye ku nkuru abantu bahuriraho mu buzima bwa buri munsi.
‘Isezerano
ry’Ikinyoma’ ivuga ku buzima bwa Jacque, umugabo ukunda abagore benshi, agasiga
umugore we mu cyaro, akajya mu mujyi na ho akihashakira undi, ibintu bikurura
uruhererekane rw’ibibazo n’amasomo atandukanye.
Micky
ntabwo yatangiriye ku gukora filime ze bwite. Izina rye ryatangiye kumenyekana
nyuma yo gukina muri filime ya Killaman, ari na yo yamufunguriye amarembo muri
sinema nyarwanda.
Nyuma
yaho yakomeje gukina muri filime zitandukanye, nubwo hari izakozwe ntizigere
zisohoka, ibintu avuga ko byigeze kumuca intege.
Icyakora
ntiyigeze areka inzozi ze. Ahubwo yahisemo kwiyubakira inzira ye nk'umwanditsi,
umukinnyi ndetse n’utunganya filime.
Kugeza
ubu amaze gukora filime eshanu zirimo ‘Igihome’, ‘Imbaraga za Mama’, ‘My
Daughter’, ‘Igeno’ n’izindi.
Micky
yahishuye ko filime ‘Isezerano ry’Ikinyoma’ yayigezeho nyuma yo gusiba iya
mbere. Aha, ari kumwe n'abakinnyi bahuriye muri filime ye
KANDAHANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MICKY
KANDA HANO UREBE IGICE GISHYA CYA FILIME 'ISEZERANO RY'IKINYOMA'
VIDEO: Dox Visual/
InyaRwanda.com
