Uyu mushinga uzwi nka Great Green
Wall (Urukuta Runini rw'Ibyatsi) ugamije gusubiza ubuzima ku butaka
bwangiritse, guhagarika ubutayu bwa Sahara bukomeje kwaguka no gufasha miliyoni
z'abaturage kubona ibiribwa n'imibereho myiza.
Urukuta ruzaba rufite uburebure bwa
kilometero 8,000, rukanyura mu bihugu byo mu karere ka Sahel, kuva muri
Senegal ku nkombe z'inyanja ya Atlantique kugeza muri Djibouti ku nyanja
Itukura.
Nubwo rwiswe "urukuta
rw'ibiti", uyu mushinga ntugamije gutera umurongo umwe w'ibiti gusa.
Ahubwo ugizwe n'ibikorwa bitandukanye birimo gutera ibiti, gusubiranya
amashyamba yangiritse, kuvugurura ubutaka bwo guhingaho, kubungabunga urwuri
n'ibishanga ndetse no guteza imbere ubuhinzi burengera ibidukikije.
Nk’uko tubikesha The Times of
India, abahanga mu kubungabunga ibidukikije bavuga ko ibi bizafasha kugabanya
ikibazo cy'ubutayu gikomeje kwibasira akarere ka Sahel, kamwe mu duce
twibasirwa cyane n'imihindagurikire y'ikirere ku Isi.
Uretse kurengera ibidukikije, uyu
mushinga ufite intego yo kuzamura imibereho y'abaturage. Biteganyijwe ko
uzafasha kongera umusaruro w'ubuhinzi, guteza imbere umutekano w'ibiribwa,
guhanga imirimo mishya ku rubyiruko ndetse no gufasha abaturage kumenyera
ingaruka z'imihindagurikire y'ikirere.
Mu bice bimwe na bimwe umushinga
wamaze gutanga umusaruro, aho ubutaka bwari bwarabaye ubutayu bwongeye kubaho,
abaturage bongera kubona amahirwe yo guhinga no korora, ndetse n'urusobe
rw'ibinyabuzima rugatangira kwisubiranya.
Great Green Wall ifatwa nk'imwe mu
mishinga ikomeye ku Isi igamije gusubiza ubuzima ku butaka bwangiritse no
guhangana n'ingaruka z'imihindagurikire y'ikirere. Ni urugero rugaragaza ko
ibihugu bya Afurika bishobora gufatanya gushaka ibisubizo birambye ku bibazo
byugarije umugabane n'Isi muri rusange.
