Uganda yahakanye ibyo gukuraho 'internet' mu gihe cy'amatora

Hanze - 06/01/2026 7:21 AM
Share:

Umwanditsi:

Uganda yahakanye ibyo gukuraho 'internet' mu gihe cy'amatora

Abayobozi bo mu gihugu cya Uganda bahakanye amakuru avugwa yo gukuraho intertet (ihuzanzira) mu gihe cy'amatora nk'uko byagenze mu matora aheruka mu mwaka wa 2021.

Ibyo byari byagarutsweho cyane na Robert Kyagulanyi, umukandida ukomeye uhanganye na Perezida Museveni muri aya matora azaba mu cyumweru gitaha.

Robert Kyagulanyi wamenyekanya nka Bobi Wine yakomeje kwibutsa abarwanashyaka be kuzakora uko bashoboye ngo bazamenyekanishe amakuru ajyanye n'amatora, mu gihe internet izaba yakuweho.

Ku wa Gatanu w'icyumweru gishize, sosiyeti ya Starlink yahagaritse serivisi zayo muri Uganda nyuma y'uko Uganda isohoye itangazo rivuga ko ibikoresho by'iyi sosiyeti bitemerewe kwinjira mu gihugu bidahawe uruhushya n'umugaba mukuru w'ingabo General Muhoozi Kainerugaba.

Andi makuru ariko avuga ko ibyo byakozwe nyuma y'uko Starlink itangiye gutanga serivisi zayo muri Uganda kandi nta burenganzira bwo kuhakorera ifite.

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, arimo gushaka indi manda yo kuyobora iki gihugu, nyuma yo kumara ku butegetsi imyaka 40.

Mu matora azaba ku wa kane w'icyumweru gitaha tariki 15 Mutarama (1), Museveni ahanganye na Bobi Wine, wamamaye cyane nk'umuhanzi mbere yo kuba umunyapolitike.

Aya matora asa n'asubiramo ayo mu 2021, yabaye intandaro y'imyigaragambyo ikomeye, aho bamwe bahasize ubuzima ndetse internet igahagarikwa mu gihe cy'iminsi ine.

Hagati aho, Guverinoma yabujije gutambutsa imbonankubone imyigaragambyo "itemewe n'amategeko" n'ibindi bikorwa by'ubugizi bwa nabi mbere y'amatora, ivuga ko ibyo bishobora "kongera umwuka mubi no guteza imidugararo mu baturage."

Umuyobozi w'ikigo gishinzwe Itumanaho, Uganda Communications Commission (UCC) yavuze ko amakuru avuga ko internet ishobora guhagarikwa ari "ibihuha gusa," ashimangira ko inshingano z'iki kigo ari uguharanira ko itumanaho rikomeza kuba rihari mu gihugu hose.

Umuyobozi Mukuru wa UCC, Nyombi Thembo, yabwiye radiyo Capital FM ikorera i Kampala ati: "Kugeza ubu, nta cyemezo gihari cyo guhagarika internet".

Ibi kandi byashimangiwe na Amina Zawedde, umuyobozi mukuru muri Minisiteri y'Itumanaho n'Ubukangurambaga bw'Igihugu aho yagize ati: "Guverinoma ntiyatangaje cyangwa ngo itegeke, kandi ntiyashyize mu bikorwa icyemezo icyo ari cyo cyose cyo guhagarika internet mu gihe cy'amatora."

Yasobanuye ko ayo makuru ari ibinyoma, biyobya kandi bishobora gukura imitima abaturage. Yanaburiye abantu kwirinda gukwirakwiza amakuru y'ibihuha cyangwa ateza umwuka mubi. Yunzemo ati: "Imbuga nkoranyambaga ntiziri hejuru y'amategeko."

Avuga ko itegeko ryerekeye ikoreshwa nabi ry'ikoranabuhanga (Computer Misuse Act) rikurikizwa byuzuye no ku bikorwa bikorerwa kuri internet, harimo gukwirakwiza amakuru atari yo n'itumanaho ribabaza cyangwa rikomeretsa abandi.

Yashimangiye ko Komisiyo y'Amatora ari yo yonyine ifite ububasha bwo gutangaza ibyavuye mu matora, kandi ko gutangaza amajwi ataremezwa cg ataratangazwa ku mugaragaro ari icyaha. Yasoje agira ati: "Ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo bugomba gukoreshwa mu buryo buboneye kandi bukurikije amategeko."

 N'ubwo hari ibyemezo byatanzwe, ishyaka rikuru ritavuga rumwe n'ubutegetsi, National Unity Platform (NUP), ryashyize ahagaragara porogaramu yo gukurikirana amatora n'itangazwa ry'amajwi mu buryo butari ku murongo wa interineti, mu gihe internet yaba ikuweho.

Iyo porogaramu yitwa Bitchart, yatangajwe n'umuyobozi wa NUP, Bobi Wine.

Yavuze ko iyo porogaramu idakenera internet ahubwo ikoresha ikoranabuhanga rya Bluetooth mu gusangira amafoto ajyanye n'amatora, uko amajwi akusanywa hirya no hino kuri Site z'itora, ndetse n'amakuru yose ku matora, hatabayeho gukoresha interineti.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...