Abashinzwe ubuzima muri Uganda bahagaritse ingendo
zo mu mazi mu ruzi rwa Semliki ruri hagati y’iki gihugu na DR Congo rukaba
ingenzi cyane mu kwambutsa ibicuruzwa n’abantu hagati y’ibihugu byombi.
Mu bice by’uburengerazuba bwa Uganda ibiterane
by’abantu benshi, nk’amasoko n’amasengesho rusange n’ibindi birabujijwe mu
rwego rwo kwirinda ikiza Ebola Bundibugyo.
Minisiteri y’ubuzima ya Uganda ivuga ko izi ari
ingamba z’agateganyo “zigamije kurinda ikwirakwira ryambukiranya imipaka ry’iyi
Virusi ya Ebola.
Iyi minisiteri ivuga ko irushaho kandi gukaza
ingamba mu kugenzura abinjira n’abasohoka ku mipaka y’ibihugu byombi.
Minisiteri y’ubuzima ya Uganda ivuga ko kugeza ubu
nta murwayi wa Ebola uri muri iki gihugu kandi uwari wayanduye ubu yasuzumwe
bagasanga ntayo agifite.
Umuntu umwe, ni we byemejwe ko yishwe n’iyi ndwara
mu bitaro by'i Kampala mu cyumweru gishize.
