Uganda yahagaritse ibiterane by’abantu n’ingendo z’indege hagati yayo na Congo kubera Ebola

Hanze - 22/05/2026 9:25 AM
Share:

Umwanditsi:

Uganda yahagaritse ibiterane by’abantu n’ingendo z’indege hagati yayo na Congo kubera Ebola

Uganda yahagaritse ingendo z’indege hagati y’iki gihugu n’icya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse ishyiraho amabwiriza akomeye abuza guterana kw’abantu benshi nk’amasoko mu duce two mu burengerazuba bw’igihugu mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Ebola.

Abashinzwe ubuzima muri Uganda bahagaritse ingendo zo mu mazi mu ruzi rwa Semliki ruri hagati y’iki gihugu na DR Congo rukaba ingenzi cyane mu kwambutsa ibicuruzwa n’abantu hagati y’ibihugu byombi.

Mu bice by’uburengerazuba bwa Uganda ibiterane by’abantu benshi, nk’amasoko n’amasengesho rusange n’ibindi birabujijwe mu rwego rwo kwirinda ikiza Ebola Bundibugyo.

Minisiteri y’ubuzima ya Uganda ivuga ko izi ari ingamba z’agateganyo “zigamije kurinda ikwirakwira ryambukiranya imipaka ry’iyi Virusi ya  Ebola.

Iyi minisiteri ivuga ko irushaho kandi gukaza ingamba mu kugenzura abinjira n’abasohoka ku mipaka y’ibihugu byombi.

Minisiteri y’ubuzima ya Uganda ivuga ko kugeza ubu nta murwayi wa Ebola uri muri iki gihugu kandi uwari wayanduye ubu yasuzumwe bagasanga ntayo agifite.

Umuntu umwe, ni we byemejwe ko yishwe n’iyi ndwara mu bitaro by'i Kampala mu cyumweru gishize.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...