Uganda: M1 yakoze igitaramo umugore amuha Miliyoni 1 y'amashilingi

Imyidagaduro - 19/09/2026 10:22 AM
Share:

Umwanditsi:

Uganda: M1 yakoze igitaramo umugore amuha Miliyoni 1 y'amashilingi

Umuhanzi Nzamwita Olivier Joseph uzwi nka M1, yatangaje ko yagize ibihe byihariye ubwo yari mu gitaramo muri Uganda, aho umugore utari umuzi neza mbere yamuhaye Miliyoni 1 y’amashilingi ya Uganda nyuma yo kuririmba indirimbo ‘Brenda’ yakoranye na Bruce Melodie.


M1 uri mu bahanzi bamaze igihe mu muziki nyarwanda, kuri ubu ari gukomeza ibikorwa bye muri Uganda, aho aherutse gukora igitaramo cyabereye ahazwi nka Nomad mu Mujyi wa Kampala.

Ni muri iki gitaramo uyu muhanzi yahuye n’igitangaza atari yiteze. Mu gihe yaririmbaga indirimbo ‘Brenda’, umugore wari mu bitabiriye igitaramo yamuhaye amafaranga angana na Miliyoni 1 y’amashilingi, avuga ko impamvu yabimuteye ari uko nawe yitwa Brenda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, M1 yavuze ko yishimiye cyane uko igitaramo cyagenze, ariko ko igikorwa cy’uyu mugore ari cyo cyamusigiye urwibutso rwihariye.

Yavuze ati “Naririmbye indirimbo ‘Brenda’ nakoranye na Bruce Melodie, uwo mugore ahita ampa Miliyoni imwe y’amashilingi, ngo kuko nawe yitwa Brenda.”

Uyu muhanzi yavuze ko ibyabaye byatumye yongera kubona mu buryo bushya indirimbo ‘Brenda’, kuko yasanze ishobora gutuma abantu bayihuza n’amazina yabo ndetse bikagira n’ingaruka zitari zitezwe.

Ati “Nahise nibaza niba umuntu azajya aririmba amazina y’abantu kugirango bajye bamuha amafaranga, cyangwa buriya indi ‘Collabo’ yanjye na Bruce Melodie yaba ikenewe, byatumye nongera gukunda iriya ndirimbo ‘Brenda’.”

M1 ni umwe mu bahanzi bamaze igihe kinini mu muziki nyarwanda, by’umwihariko mu njyana ya Dancehall.

Yatangiye urugendo rwe rwa muzika mu 2012, akaba amaze imyaka igera kuri 14 akora umuziki, aho yagiye ashyira hanze indirimbo zakunzwe n’abakunzi b’umuziki mu Rwanda no mu bindi bihugu byo mu Karere.

Mu ndirimbo zamufashije kumenyekana harimo ‘Ibihu’, ‘Perfect’, ‘Iyo Foto’, ‘Uritonda’, ‘Brenda’ yakoranye na Bruce Melodie ndetse na ‘Juliana’ yakoranye na Umutare Gaby, n’izindi.

Usibye kuririmba, M1 yanigeze kugira uruhare mu bikorwa byo gutunganya umuziki, aho yari afite studio yakoreshaga mu bikorwa bijyanye n’umuziki n’amashusho. Icyakora, ibikorwa byayo byaje guhagarara mu gihe icyorezo cya Covid-19 cyari cyugarije Isi.

Kuri ubu, M1 akomeje ibikorwa bye bya muzika, ndetse n’ibikorwa byo mu Karere bikomeje kumuha amahirwe yo guhura n’abakunzi bashya b’umuziki.

Igikorwa cyo guhabwa Miliyoni 1 y’amashilingi nyuma yo kuririmba ‘Brenda’ ni kimwe mu bihe avuga ko atazibagirwa, cyane ko amafaranga yayahawe atari asanzwe atangwa nk’igikorwa cyo kwishyura umuhanzi, ahubwo yatanzwe n’umufana wari wishimiye indirimbo kubera ko yasangaga izina ryayo rihuye n’irye.

M1 yatangaje ko yahawe Miliyoni 1 y'amashilingi abicyesha indirimbo 'Brenda' yakoranye na Bruce Melodie mu myaka ishize

M1 yavuze ko umufana we yamutunguye akamuha ariya mafaranga bitewe n'uko indirimbo ye 'Brenda' ihuye n'izina rye


M1 yavuze ko ari kugirira ibihe byiza muri Uganda, kuko afite n'ibindi bitaramo agomba gukorera muri iki gihugu


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...