Uganda: Fik Fameica yashyize yemera ko yigeze gukundana na Lydia Jazmine

Imyidagaduro - 01/07/2025 2:56 PM
Share:

Umwanditsi:

Uganda: Fik Fameica yashyize yemera ko yigeze gukundana na Lydia Jazmine

Umuraperi w’Umunya-Uganda Fik Fameica, yamaze gushyira iherezo ku rujijo rwari rumaze igihe ruvugwa ku mibanire ye n’umuhanzikazi Lydia Jazmine, nyuma yo kwemera ko yigeze gukundana na we.

Ibi yabitangaje mu kiganiro cyabaye kuri TikTok Live cyayobowe na Bruno K, aho nyuma yo gushidikanya no kugerageza kubihisha, Fameica yahisemo kuvuga ukuri ati: “Yego, ni ukuri twigeze gukundana.”

Uru rukundo rugarutsweho rwari rumaze igihe ruvugwa mu itangazamakuru no mu bafana, cyane cyane nyuma y’uko bombi bakoranye indirimbo 'Binji' mbere y’icyorezo cya Covid-19. Amashusho y’iyo ndirimbo ndetse n’uko bagaragaraga bari kumwe kenshi, byabyaye ibihuha byinshi bivuga ko baba bararushinze mu ibanga.

Mu bindi Fik yigeze gutangaza mu kiganiro giherutse n’itangazamakuru, yavuze ko mu gihe cya guma mu rugo, yajyaga ararana kwa Lydia Jazmine rimwe na rimwe. Ati: “Muri icyo gihe twari dufite umwanya munini, nta mirimo, ndetse ni nayo mpamvu abantu batubonaga turi kumwe. Ariko si ko nararaga iwe buri gihe.”

Nubwo yagaragaje ukuri ku rukundo rwe na Lydia, Fik Fameica yahisemo kutagira icyo avuga ku mubano w’igihe kirekire bivugwa ko yaba yaragiranye na Spice Diana, ubwo yabazwaga icyo kibazo na David Lutalo wari witabiriye icyo kiganiro.

Uru rukundo rwabo rwabaye urw’ibanga igihe kinini, kuko nta n’umwe muri aba bahanzi wari warigeze abyemera cyangwa ngo abihakane ku mugaragaro. Icyakora igisubizo cya Fik cyashimangiye ibyo abafana n’itangazamakuru bari bamaze igihe bakeka.

Fik Fameica yashyize yemera ko yigeze gukundana na Lydia Jazmine 


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...