Iki cyemezo cyafashwe ku wa Kane tariki 30
Mata 2026, gitangazwa n’umucamanza Alice Komuhangi Khaukha, nyuma y’iburanisha
ryamaze iminsi itandukanye rikabera hafi y’aho icyaha cyabereye, mu rwego rwo
kwegereza abaturage ubutabera.
Nk’uko byatangajwe mu rukiko, ibi byaha
byabaye tariki 2 Mata 2026, bibera ku kigo cyita ku bana bato cya Early
Childhood Development Programme Centre gikorera mu rusengero rwa Ggaba
Community Church.
Abana bane bishwe, abahungu batatu
n’umukobwa umwe bari ku ishuri mu gihe cyari cyatangiye nk’umunsi usanzwe.
Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Okello yakoresheje icyuma bikaviramo abo bana
gupfa.
Nyuma y’iminsi 11, yahise atabwa muri
yombi maze agezwa imbere y’ubutabera, aregwa ibyaha bine by’ubwicanyi. Mu gihe
cyose cy’urubanza, yakomeje guhakana ibyo aregwa.
Mu kwiregura, Okello yavuze ko yari afite
uburwayi bwo mu mutwe bukomeye, bityo ko atigeze agira umugambi wo gukora ayo
mahano.
Icyakora, urukiko rwasanze nta bimenyetso
bifatika bigaragaza ko yari afite ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe cyatuma
adahanwa.
Umucamanza yavuze ko mu gihe yakoraga
icyaha yari afite ubushobozi busesuye bwo kumenya ibyo akora, bityo kwiregura
kwe kutagira agaciro mu mategeko.
Nyuma yo kumuhamya ibyaha bine
by’ubwicanyi, urukiko rwamukatiye igihano cy’urupfu amanitswe, icyo amategeko
ya Uganda ateganya nk’igihano kiruta ibindi ku byaha bikomeye nk’ibi.
Nubwo bimeze gutyo, amategeko ya Uganda
agaragaza ko igihano cy’urupfu kidakunze gushyirwa mu bikorwa. Igiheruka ni mu
1999, ubwo abantu 28 bamanikwaga muri gereza ya Luzira.
Okello afite uburenganzira bwo kujuririra
iki cyemezo mu gihe cy’iminsi 14 nk’uko biteganywa n’amategeko.
Iki gikorwa cy’ubugome cyateye agahinda
gakomeye abaturage bo mu gace ka Ggaba n’igihugu muri rusange, cyane cyane
bitewe n’uko cyibasiye abana b’inzirakarengane.
Christopher Okello Onyum yakatiwe urwo
gupfa nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abana bane b’incuke ku ishuri ryo i
Ggaba
