Uganda: Abaturage babujijwe guhoberana no gusuhuzanya bahana ibiganza mu kwirinda Ebola

Hanze - 19/05/2026 2:44 PM
Share:

Umwanditsi:

Uganda: Abaturage babujijwe guhoberana no gusuhuzanya bahana ibiganza mu kwirinda Ebola

Leta ya Uganda yatangaje ingamba nshya zikomeye zo gukumira ikwirakwira rya Ebola zirimo guhagarika gusuhuzanya bahana ibiganza, guhoberana ndetse n’ubundi buryo bwose bwo gukoranaho hagati y’abantu.

Izi ngamba zatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda nyuma y’uko icyo gihugu cyemeje abantu babiri binjiyemo Ebola baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), igihugu kimaze iminsi gihanganye n’icyorezo gikomeye cya Ebola kimaze guhitana abantu 131 bakekwaho kwicwa n’iyo ndwara. 

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda, Dr. Diana Atwine, yavuze ko guhagarika gusuhuzanya no guhoberana bigamije kugabanya uburyo abantu bakoranaho kuko Ebola yandurira cyane mu matembabuzi y’umubiri.

Yagize ati: “Igihugu gifite uburambe mu guhangana n’icyorezo cya Ebola kandi twagiye tubasha kukigenzura vuba. No kuri iyi nshuro twizeye ko tuzabigeraho.”

Nk'uko tubicyesha New Vision, Uganda yavuze ko abantu babiri banduye Ebola ari Abanye-Congo bari binjiye muri icyo gihugu bashaka ubuvuzi i Kampala.

Umwe muri bo yapfiriye mu bitaro bya Kibuli Muslim Hospital, mu gihe undi ari kuvurirwa mu bitaro bya Mulago National Referral Hospital biri mu kato. 

Kuri ubu imipaka n’uturere twegereye RDC byashyizwe ku rwego rwo hejuru rw’ubwirinzi.

Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko yamaze kohereza amakipe yihariye yo gukurikirana abantu bahuye n’abanduye ndetse no kugenzura ahantu hose hashobora kuba harabaye ubwandu.

Uganda yanakajije igenzura ku mipaka, mu bitaro no mu duce duhuriramo abantu benshi.

Prof. Charles Olaro yavuze ko ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko uturere two ku mupaka wa RDC kuva Arua kugeza Kisoro dufite ibyago byinshi byo kwibasirwa na Ebola kubera urujya n’uruza rw’abantu hagati y’ibihugu byombi. 

Uganda yasubitse ibirori bya Martyrs’ Day

Kubera impungenge z’ikwirakwira rya Ebola, Leta ya Uganda yanahisemo gusubika ibirori bya Martyrs’ Day [Umunsi w'Abahowe Imana] byari biteganyijwe kubera i Namugongo.

Ibi birori bisanzwe byitabirwa n'ibihumbi byinshi by’abasura Uganda baturutse mu bihugu bitandukanye birimo RDC, Kenya, Tanzania, Rwanda, Burundi na Sudani y’Epfo. 

World Health Organization (OMS/WHO) yatangaje ko icyorezo cya Ebola kiri muri RDC na Uganda ari ikibazo gikomeye cy’ubuzima ku rwego mpuzamahanga.

Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko icyemezo cyafashwe kubera umuvuduko iki cyorezo kiri gukwirakwiraho ku rwego rwo hejuru. 

OMS yavuze ko muri RDC habarurwa nibura abantu 513 bakekwaho kwandura Ebola ndetse abantu 131 bamaze guhitanwa nayo. 

Amerika nayo yafashe ingamba zikomeye

Leta Zunze Ubumwe za Amerika nayo yatangaje ko yafashe ingamba zihariye zirimo kubuza abanyamahanga bagiye muri Uganda, RDC cyangwa Sudani y’Epfo mu minsi 21 ishize kwinjira muri Amerika.

Amerika yavuze ko yashyizeho itsinda ridasanzwe rihuza ambasade zayo muri Uganda, RDC, Rwanda na Sudani y’Epfo kugira ngo rikurikirane uko iki cyorezo gihagaze. 

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yasabye abaturage gukomeza gukaraba intoki kenshi, gukoresha sanitizer no guhita bihutira kwa muganga igihe bagaragaje ibimenyetso bya Ebola birimo umuriro, kuruka, gucibwamo, kuva amaraso cyangwa gucika intege bikabije.


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...