Uganda: Abahanzi bagiye kwemererwa gukoresha ibihangano byabo nk’ingwate muri Banki

Imyidagaduro - 20/02/2026 11:55 AM
Share:

Umwanditsi:

Uganda: Abahanzi bagiye kwemererwa gukoresha ibihangano byabo nk’ingwate muri Banki

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko abahanzi n’abakora ibihangano bitandukanye bagiye kujya bemererwa gukoresha uburenganzira ku bihangano byabo (copyright) nk’ingwate mu kwaka inguzanyo muri banki.

Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y ‘Uburinganire n’Umuco, Peace Mutuuzo, wavuze ko iyi gahunda izatangira gushyirwa mu bikorwa neza ubwo itegeko rivuguruye rigenga uburenganzira ku bihangano (Copyright Amendment Bill) rizaba ryamaze gutorwa no gushyirwaho umukono na Perezida.

Minisitiri Mutuuzo yasobanuye ko umuhanzi azajya ajyana icyangombwa cyerekana ko afite uburenganzira bwemewe ku gihangano cye (copyright), akagikoresha nk’ingwate mu gusaba inguzanyo, aho kuba ajyanye icyangombwa cy’ubutaka cyangwa indi mitungo isanzwe yifashishwa nk’ingwate.

Yagize ati: “Uburenganzira ku gihangano cyawe bushobora kuba ingwate. Ushobora kujyana ‘copyright’ yawe muri banki, bakaguha amafaranga yo gushora mu bucuruzi bwawe, kandi ntibagusabe icyangombwa cy’ubutaka kuko  ‘Copyright’ yawe iba ari yo ngwate.”

Iki cyemezo kitezweho kuzafasha cyane abahanzi, abatunganya umuziki (producers), abakora filime n’abandi bari mu ruganda rw’imyidagaduro bakunze guhura n’ikibazo cyo kubona igishoro kubera kubura ingwate isanzwe yemewe na banki.

Mu gihe uburenganzira ku bihangano buzaba bwemewe nk’umutungo ufite agaciro ku bucuruzi, ama-banki azajya apima agaciro k’indirimbo, filime cyangwa ikindi gihangano, akurikije amafaranga cyinjiza cyangwa gishobora kwinjiza, maze igatanga inguzanyo hashingiwe kuri ayo mafaranga.

Ibi bishobora gutuma abahanzi barushaho gushora imari mu bikorwa byabo, kongera umusaruro no guteza imbere umuziki n’indi myidagaduro nk’uruganda rufite agaciro mu bukungu bw’igihugu.

Minisitiri Mutuuzo yanavuze ko imikorere y’Urwego rushinzwe iyandikisha ry’uburenganzira ku mutungo bwite mu by’ubwenge, Uganda Registration Services Bureau (URSB), ruzarushaho kunozwa no gukorera mu mucyo, kugira ngo iyandikwa rya copyright rirusheho kwizerwa no kugira agaciro mu rwego rw’imari.

Leta kandi yatangiye gahunda zo kwigisha no gukangurira abahanzi hirya no hino mu gihugu kumenya agaciro ka copyright, uko bayandikisha, uburenganzira bafite ndetse n’uburyo bwo kurinda ibihangano byabo.

Itegeko rivuguruye rya Copyright Amendment Bill riri imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, ritegereje gutorwa no gushyirwaho umukono na Perezida kugira ngo ritangire gushyirwa mu bikorwa. Gusa kugeza ubu, itegeko risanzwe riracyakurikizwa.

Niritorwa, Uganda izaba ibaye kimwe mu bihugu byo mu karere biha agaciro kanini umutungo w’abahanzi, ikabafungurira amarembo mashya yo kubona igishoro batagombye gushingira gusa ku mitungo isanzwe nk’ubutaka cyangwa amazu.

Iyi gahunda ishobora guhindura amateka y’uruganda rw’imyidagaduro muri Uganda, aho ubuhanzi butazaba bukiri impano gusa, ahubwo bukaba umutungo ushobora kubyazwa inyungu no guteza imbere ubukungu bw’igihugu.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y ‘Uburinganire n’Umuco, Peace Mutuuzo, yatangaje ko Uganda igiye kwemerera abahanzi gukoresha uburenganzira ku bihangano byabo nk’ingwate mu kwaka inguzanyo muri banki


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...