UEFA yongeye gukangisha kwikura mu Gikombe cy'Isi, ivuga ko gusaba imbabazi kwa Infantino bidahagije

Imikino - 07/08/2026 9:42 AM
Share:

Umwanditsi:

UEFA yongeye gukangisha kwikura mu Gikombe cy'Isi, ivuga ko gusaba imbabazi kwa Infantino bidahagije

Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru ku mugabane w'u Burayi (UEFA) yongeye gushimangira ko ishobora gukura amakipe yayo mu marushanwa ategurwa na FIFA, arimo Igikombe cy'Isi cy'abagabo n'icy'abagore, nubwo Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yamaze gusaba imbabazi nyuma yo gukuraho umushinga wari warateje impaka zikomeye.

Mu nama yabereye muri Maroc ku wa Gatatu, abayobozi bakuru ba FIFA bagaragaje ko bagifitiye icyizere Gianni Infantino, banamwemerera gukomeza kuyobora iyi mpuzamashyirahamwe y’umupira w'amaguru ku Isi. Icyakora, UEFA yavuze ko ibyo bitahinduye na gato umwanzuro yafashe.

Ibi bibaye nyuma y'uko Infantino yari yazanye umushinga wiswe FIFA Forward Enterprise (FFE), wari ugamije kwemerera abashoramari bigenga kugura imigabane mu bikorwa by'ubucuruzi n'amarushanwa akomeye ya FIFA, harimo Igikombe cy'Isi n'Igikombe cy'Isi cy'Amakipe (Club World Cup). Uwo mushinga wahuye n'igitutu gikomeye ku Isi yose bituma ukurwaho.

Mu kiganiro yagiranye na The Athletic, umuvugizi wa UEFA yavuze ko impamvu zatuma batekereza kwikura mu marushanwa ya FIFA zigihari.

Yagize ati: "Amashyirahamwe yose agize UEFA yari yarashyizeho ibisabwa bibiri. Icya mbere ni uko umushinga wo kugurisha amarushanwa akomeye ya FIFA wagombaga gukurwaho, icya kabiri hakabaho isezerano rikomeye ry'uko bene ubu bushake bwo guhindura isura y'umupira w'amaguru butazongera kubaho."

Yakomeje avuga ati: "Ibyo bisabwa ntabwo byujujwe. Byongeye kandi, UEFA yatangaje ko itakigirira icyizere ubuyobozi bwa Gianni Infantino, kandi uwo mwanzuro uracyahari. Kuba abantu bakorera Perezida wa FIFA bamushyigikiye ntacyo bihindura."

Mu itangazo yasohoye nyuma y'iyi nama, Gianni Infantino yavuze ko FIFA itazemera ibikorwa byose bishobora kwangiza isura yayo. Yagize ati: "FIFA ntizihanganira ibitero ibyo ari byo byose bigamije gutesha agaciro ubunyangamugayo bwayo kandi izakora ibishoboka byose kugira ngo irengere izina ryayo."

Nubwo UEFA ari yo yabaye iya mbere mu gutangaza ko ishobora kwikura mu marushanwa ya FIFA, ntabwo ari yo yonyine yanenze ubuyobozi bwa Infantino.

Impuzamashyirahamwe y'umupira w'amaguru muri Amerika ya Ruguru, Amerika yo Hagati na Caraïbes (Concacaf) na yo yagaragaje kutishimira uburyo uyu mushinga wazanywe.

Ku ruhande rwa CONMEBOL, ihuriro ry'umupira w'amaguru muri Amerika y'Epfo, ryatangaje ko rihangayikishijwe n'ibyemezo bifatwa n'ubuyobozi bwa FIFA butabanje kuganirwaho n'inzego zibifitiye ububasha.

UEFA yongeye gushimangira ko ishobora gukura amakipe yayo mu marushanwa ategurwa na FIFA, arimo Igikombe cy'Isi cy'abagabo n'icy'abagore, nubwo Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yamaze gusaba imbabazi nyuma yo gukuraho umushinga wari warateje impaka zikomeye


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...