Aya manota abarwa hashingiwe ku musaruro amakipe
yagaragaje mu marushanwa ategurwa na UEFA mu myaka itanu ishize, kuva mu mwaka
w’imikino wa 2021-2022 kugeza mu wa 2025-2026.
Nubwo Real Madrid yegukanye ibikombe bibiri bya UEFA
Champions League muri icyo gihe, ntibyabujije Bayern Munich kuyisimbura ku
mwanya wa mbere. Ibi byatewe n'uko Bayern yakomeje kugera nibura muri 1/4
cy’irangiza buri mwaka, ndetse ikagera muri 1/2 inshuro ebyiri muri iyo myaka
itanu.
Mu mwaka ushize w’imikino Bayern Munich yanatsinze
Real Madrid mu mikino yombi ya 1/4 cy’irangiza cya Champions League,
iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-4.
Ku mwanya wa gatatu haza Paris Saint-Germain
yazamutse imyanya ibiri nyuma yo kwegukana Champions League inshuro ya kabiri
yikurikiranya. Iyi kipe yo mu Bufaransa yegukanye igikombe giheruka itsinze
Arsenal ku mukino wa nyuma.
Arsenal yo yazamutse imyanya itanu igera ku mwanya
wa karindwi, nyuma yo kugira umwaka mwiza wayihesheje amanota menshi kurusha
andi makipe yose mu mwaka w’imikino wa 2025-2026.
Liverpool yagumye ku mwanya wa kane, naho Manchester
City imanuka imyanya ine igera ku mwanya wa gatandatu .
Andi makipe agize icumi ya mbere ni Inter Milan iri
ku mwanya wa gatanu, Barcelona ku wa munani, Bayer Leverkusen ku wa cyenda na
Atletico Madrid ku wa 10.
Ikipe yazamutse cyane kurusha izindi ni Aston Villa
yavuye ku mwanya wa 46 igera ku wa 17, izamuka imyanya 29.
Ku rundi ruhande, Chelsea yamanutse imyanya itanu
igera ku wa 12 nyuma yo gusezererwa na PSG muri 1/8, naho Manchester United yo
yahuye n’akaga gakomeye iva ku mwanya wa 11 igera ku wa 21 nyuma yo kumara
umwaka wose idakinnye amarushanwa y’i Burayi.

Amakipe 20 ya mbere ku mugabane w'Iburayi kugeza ubu
