UEFA yasabye ko hasohorwa inyandiko n’ibimenyetso
bifitanye isano n’umushinga wa FIFA Forward Enterprises (FFE), mbere y’uko
ifata umwanzuro wo gutangiza "ibirego nshinjabyaha" kuri Infantino
ndetse n’abandi bayobozi ba FIFA.
Iyi nyandiko y’amategeko, yabonwe n’ikinyamakuru The
Athletic, yashyikirijwe Urukiko rw’Akarere rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika,
aho UEFA ishinja Infantino kugira uruhare mu gushyira imbere igiciro
cy’umushinga ngo kigume hasi, mu buryo bushobora kuba bwaramuhaga inyungu ku
giti cye.
Uyu mushinga wa FIFA wari ugamije gushinga ikigo
gishya cyitwa FIFA Forward Enterprises (FFE), kikagurisha 20% by’imigabane
yacyo ku kigo cy’ishoramari Thrive Eternal, kiyoborwa na Joshua Kushner.
FIFA yari yiteguye kugurisha uwo mugabane kuri
miliyari 4.2 z’amadolari ya Amerika, hafi miliyari 3.1 z’amapawundi. Icyakora,
uwo mushinga wasubitswe nyuma y’uko uteje impaka n’igitutu gikomeye mu ruhando
rw’umupira w’amaguru ku Isi.
UEFA ivuga ko icyo giciro cyari "kiri hasi mu
buryo budasanzwe", ndetse ko kitaturutse mu ipiganwa rihuriweho
n’abashoramari batandukanye. Yongeyeho ko nta muntu wigenga wabanje gukora
igenagaciro ry’umutungo wa FIFA ngo arebe niba ayo mafaranga yari akwiye.
Mu nyandiko yashyikirijwe urukiko, abanyamategeko ba
UEFA bagize bati: "Igenagaciro ryakorewe hamwe na Thrive, ndetse
n’isesengura ryakozwe na Thrive ku gaciro ka FIFA, rishobora gutanga
ibimenyetso by’ingenzi byerekana niba miliyari 4.2 z’amadolari zari zihwanye
n’agaciro nyakuri k’ubucuruzi bwa FIFA cyangwa niba, nk’uko amakuru amaze
kumenyekana abigaragaza, ari igiciro cyashyizwe hasi mu buryo butari busanzwe,
Infantino akaba yaragishyigikiye agamije inyungu ze bwite."
UEFA irashaka inyandiko zose z’umushinga
UEFA ntiyagarukiye kuri Thrive Eternal na Joshua
Kushner gusa, kuko inyandiko nk’izi zatanzwe no kuri JPMorgan yo mu Mujyi wa
New York, ndetse na Bann Ventures na Greg Maffei, umuyobozi wayo mukuru, muri
Colorado.
Izi kompanyi zari zitezweho gukorana na FIFA mu
gushyira mu bikorwa umushinga wa FFE kandi FIFA yari yarazigaragaje mu itangazo
ryayo ryo ku wa 28 Nyakanga ryatangazaga uwo mushinga.
UEFA yasabye ko Thrive na Kushner batanga
"inyandiko n’itumanaho" byose bijyanye n’uko umushinga wa FFE
watangijwe kandi ugategurwa, harimo ubutumwa cyangwa ibiganiro bagiranye na
Gianni Infantino, Greg Maffei n’abandi bayobozi, abakozi, abajyanama cyangwa
abahuza ba FIFA.
Harimo kandi inyandiko zose z’igenagaciro ryakozwe
cyangwa zasangijwe Thrive na Kushner, imbonerahamwe z’amakuru yerekanaga
agaciro k’umushinga, imibare y’imari ndetse n’ibiteganyijwe ku bijyanye
n’inyungu FIFA yashoboraga kubona.
UEFA kandi irashaka amakuru ajyanye n’amasezerano yari
hagati ya FIFA n’abashoramari, harimo amasezerano y’ibanze, amabaruwa
y’ubwumvikane, inyandiko z’ishoramari ndetse n’izindi nyandiko zagaragazaga
inyungu abashoramari bari kuzabona, uburenganzira bwo kuva muri uwo mushinga
cyangwa uruhare bari kuzagira mu miyoborere y’ikigo gishya.
Infantino ashobora gukurikiranwa mu Busuwisi
UEFA yavuze ko igitutu cyayo kitareba Infantino gusa,
ahubwo gishobora no kugera ku "bandi bayobozi ba FIFA" mu gihe
ibimenyetso byagaragaza ko bakoze amakosa akomeye mu micungire y’umutungo.
Ishyirahamwe ry’i Burayi ryavuze ko rishobora kuregera
abashinzwe ubutabera bwo mu Busuwisi rishingiye ku ngingo ya 158 y’Amategeko
Ahana ibyaha yo mu Busuwisi, ijyanye n’imicungire mibi y’umutungo.
UEFA ivuga ko, mu gihe Infantino yahamwa n’icyaha cyo
gucunga nabi umutungo agamije kubona inyungu itemewe, ashobora guhanishwa
igifungo cy’imyaka itarenga itanu cyangwa ihazabu.
Abanyamategeko ba UEFA bavuga ko ubutabera bwo mu
Busuwisi bufite ububasha bwo gukurikirana iki kibazo kuko ibikorwa bifitanye
isano n’umushinga wa FFE byateguriwe ku cyicaro cya FIFA i Zurich.
Bagize bati: "FIFA ni umuryango ufite amategeko
y’u Busuwisi kandi icyicaro cyawo kiri i Zurich. Umushinga wa FFE wateguwe
kandi uyoborwa na Infantino ari ku cyicaro cya FIFA i Zurich, mu gihe igihombo
gishobora guterwa n’uwo mushinga ari igihombo cy’umuryango w’Ubusuwisi kandi
kikagaragara mu bitabo by’imari bya FIFA byagenzuwe mu Busuwisi."
UEFA yongeyeho ko, hashingiwe ku makuru ifite,
ibikorwa bya Infantino bishobora kuba "bigera ku rwego rw’imicungire mibi
y’umutungo ishobora gukurikiranwa nk’icyaha."
UEFA ishaka "ubuyobozi bushya" muri FIFA
Ku wa Kane, tariki ya 27 Kanama, amashyirahamwe 55
agize UEFA ndetse n’abanyaburayi bari muri FIFA Council bahuriye i Monaco mbere
y’igikorwa cyo gutombora amatsinda ya UEFA Champions League.
Nyuma y’inama, UEFA yongeye gusaba ko umupira
w’amaguru ku Isi uhabwa "ubuyobozi bushya bushoboye kongera kubaka
icyizere."
UEFA yavuze ko izakomeza gukorana n’andi mashyirahamwe
y’umupira w’amaguru ku migabane itandukanye, abanyamuryango bayo, abafana,
abakinnyi, amakipe n’amashyirahamwe ategura amarushanwa kugira ngo hashakwe
icyerekezo gishya cya FIFA.
Yagize iti: "Niba Perezida wa FIFA uriho ubu azakomeza gushaka indi manda, UEFA izafatanya n’andi mashyirahamwe y’imigabane kugira ngo abanyamuryango ba FIFA bahabwe ubundi buryo bwizewe bwo guhitamo, bushingiye ku bunyangamugayo, kubazwa inshingano, iterambere ndetse n’impinduka nyakuri mu miyoborere."
