Ubwoba bwo uramutse ubugiriye Rayon Sports nta kipe wazatinyuka - Gatera Edmond wa Mukura VS-VIDEO

Imikino - 24/01/2026 5:23 AM
Share:

Umwanditsi:

Ubwoba bwo uramutse ubugiriye Rayon Sports nta kipe wazatinyuka - Gatera Edmond wa Mukura VS-VIDEO

Umuvugizi w’ikipe ya Mukura VS, Gatera Edmond yavuze ko baramutse bagiriye ubwoba Rayon Sports nta yindi kipe bazigera batinyuka.

Kuri uyu wa Gatandatu saa Cyenda z'amanywa kuri Stade y’Akarere ka Muhanga ni bwo Mukura VS irakira Rayon Sports mu mukino usoza imikino ibanza ya shampiyona kuri aya makipe yombi. Mbere y’uko ukiinwa, Gatera Edmond aganira na InyaRwanda yavuze ko uyu ari umukino ukomeye.

Ati: ”Umukino wa Mukura VS na Rayon Sports ni umukino uba ukomeye kuko ni amakipe y’ubukombe. Ikindi ni umukino ugiye kuba mu buryo budasanzwe ugiye kubera ku kibuga kidafite aho gihengamiye nubwo ari twebwe twakiriye ariko ntabwo ari ikibuga dusanzwe dukiniraho”.

Yavuze ko nubwo batazakinira ku kibuga basanzwe bakiriraho ariko ko ntawe ubuza impara gucuranga. Ati: ”Ahariho hose impara ziracurangwa, yaba ari i Muhanga yaba ari i Huye n’i Kigali turahabatsindira ntaho tutabatsindira ni bashake bazatujyane i Nyanza tuzahabatsindira.

Ntabwo ari byiza ku bafana bacu kuko urumva biraza kubasaba byinshi birimo no gutega, iyo ni imbogamizi urumva kudakinira mu rugo byo biba ari ibibazo ariko burya umuntu ukurusha imbaraga aho ariho hose aragukubita”.

Uyu muvugizi w’ikipe ya Mukura VS yavuze ko kuba Rayon Sports imaze iminsi ititwara neza bityo ikaba ishobora kubazukiraho nta bwoba bibateye.

Ati: ”Nta bwoba byakagombye kuba bidutera, ubushize twahuye nabo bagiye gusoza imikino ibanza ya shampiyona bataratsindwa, icyo gihe ni bwo twari kugira ubwoba naho kuba ikipe yaratsinzwe ibitego 10 mu mikino 3 iheruka ndatekereza ko iramutse iguteye ubwoba nawe ubwawe waba uteye ubwoba, waba uri ikibazo.

Yego ni ikipe umuntu atusuzugura kuko ni ikipe nziza ifite abakinnyi bashya kandi ikipe y’abakinnyi bashya biragora kuyimenya ariko ubwoba bwo uramutse ubugiriye Rayon Sports nta kipe wazatinyuka”.

Kugeza ubu Rayon Sports iri ku mwanya wa 9 n’amanota 25 mu gihe Mukura Vs yo iri ku mwanya wa 6 n’amanota 26.



Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...