Kuri uyu wa Gatandatu saa Cyenda z'amanywa kuri Stade y’Akarere
ka Muhanga ni bwo Mukura VS irakira Rayon Sports mu mukino usoza imikino ibanza
ya shampiyona kuri aya makipe yombi. Mbere y’uko ukiinwa, Gatera Edmond aganira
na InyaRwanda yavuze ko uyu ari umukino ukomeye.
Ati: ”Umukino wa Mukura VS na Rayon Sports ni umukino
uba ukomeye kuko ni amakipe y’ubukombe. Ikindi ni umukino ugiye kuba mu buryo
budasanzwe ugiye kubera ku kibuga kidafite aho gihengamiye nubwo ari twebwe twakiriye
ariko ntabwo ari ikibuga dusanzwe dukiniraho”.
Yavuze ko nubwo batazakinira ku kibuga basanzwe
bakiriraho ariko ko ntawe ubuza impara gucuranga.
Ntabwo ari byiza ku bafana bacu kuko
urumva biraza kubasaba byinshi birimo no gutega, iyo ni imbogamizi urumva
kudakinira mu rugo byo biba ari ibibazo ariko burya umuntu ukurusha imbaraga
aho ariho hose aragukubita”.
Uyu muvugizi w’ikipe ya Mukura VS yavuze ko kuba Rayon
Sports imaze iminsi ititwara neza bityo ikaba ishobora kubazukiraho nta bwoba
bibateye.
Ati: ”Nta bwoba byakagombye kuba bidutera, ubushize
twahuye nabo bagiye gusoza imikino ibanza ya shampiyona bataratsindwa, icyo gihe
ni bwo twari kugira ubwoba naho kuba ikipe yaratsinzwe ibitego 10 mu mikino 3
iheruka ndatekereza ko iramutse iguteye ubwoba nawe ubwawe waba uteye
ubwoba, waba uri ikibazo.
Yego ni ikipe umuntu atusuzugura kuko ni ikipe nziza
ifite abakinnyi bashya kandi ikipe y’abakinnyi bashya biragora kuyimenya ariko
ubwoba bwo uramutse ubugiriye Rayon Sports nta kipe wazatinyuka”.
Kugeza ubu Rayon Sports iri ku mwanya wa 9 n’amanota 25 mu gihe Mukura Vs yo iri ku mwanya wa 6 n’amanota 26.
