Uretse
iki gitaramo, aba bahanzi bazwi kuva mu 1979 bazanabanziriza mu muhango wo
Kwita Izina ugiye kuba ku nshuro ya 20 uteganyijwe kubera mu Kinigi kuri uyu wa
Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, aho bazasusurutsa abitabiriye ibi birori bikomeye
byo kurengera urusobe rw’ibinyabuzima.
Amakuru
yizewe agera kuri InyaRwanda, avuga ko iri tsinda rizagera mu Rwanda mu gitondo
cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Nzeri 2025, bakomereZe mu Karere ka Musanze mu
muhango wo Kwita Izina.
Kassav’
si ubwa mbere iza mu Rwanda. Baherukaga gutaramira i Kigali mu 2020, ubwo
baririmbiraga muri Kigali Convention Center mu gitaramo cyo kwizihiza Umunsi wa
Saint Valentin cyahuje abakunzi benshi b’umuziki, banaririmbana na Christopher.
Icyo
gihe kubera ubwitabire bwari bwinshi, bakoze ibitaramo bibiri byikurikiranye. Icya
mbere cyabaye ku wa 15 Gashyantare 2020 cyari kitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame, n’aho icya kabiri cyabaye ku wa 16 Gashyantare 2020, kubera ko benshi bari babuze uko binjira mu gitaramo cya mbere.
Ubu
noneho, abakunzi b’umuziki bafite amahirwe mashya yo kongera kuryoherwa
n’imyidagaduro y’iri tsinda rifatwa nk’inkingi ya mwamba mu guha agaciro
injyana ya Zouk ku rwego rw’isi.
Kassav
ifite inkomoko mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa yashinzwe mu
Indirimbo
yabo bise ‘Ou Le’ imaze kurebwa n’ibihumbi by'abantu ku rubuga rwa Youtube.
Iyi
ndirimbo ‘Ou Le’ icurangwa (yacuranzwe) henshi mu tubyiniro, kuri Radio,
Televiziyo n’ahandi yizihira abakunda injyana ya Zouk. Iri tsinda rimaze
gushyira ku isoko Album 20 harimo 12 bakoze ku giti cy’abo nta wundi muhanzi
bifashishije.
Ryagiye
rikorana n’inzu zireberera inyungu z’abahanzi nka GD Productions/Sonodisc,
Epic, CBS na Warner France (distribution). Iri tsinda kandi rifite abacuranzi
n’abaririmbyi mu ngeri zinyuranye.
Iri
tsinda ryakoreye ibitaramo bikomeye mu bihugu bitandukanye ryashyize hanze
Album zitandukanye ziriho indirimbo zakunzwe mu buryo bukomeye. Mu 1979
basohoye Album bise Love and kadance, 1980 basohoye 'Lagué mwen', 1981 basohora
'Kassav n°3, 1982', 1995 basohora 'Difé' n’izindi.
Kassav’
igiye gutaramira i Kigali binyuze mu gitaramo kizaherekeza Umuhango wo Kwita
Izina ku nshuro ya 20 kizabera muri Kigali Convention Center
Muri
Gashyantare 2020, Kassav’ yakoreye i Kigali ibitaramo bibiri byikurikiranya
KANDA HANO WUMVE IMWE MU NDIRIMBO Z'ITSINDA KASSAV YAKUNZWE MU BURYO BUKOMEYE