Ku munsi
wejo ku wa Gatanu ni bwo kuri Stade Amahoro hatangijwe irushanwa rya CECAFA
Kagame Cup 2026. APR FC yari ihanzwe amaso cyane nk'ikipe ihagarariye u Rwanda,
ariko yatunguwe n'intsinzwi ikomeye ya Gor Mahia yayitsinze ibitego 5-0.
Ni umukino
wasize abafana ba APR FC bacitse intege, bamwe batangira no gushidikanya ku
mahirwe y'iyi kipe yo kurenga amatsinda.
Mu butumwa
Gen Mubarakh Muganga yahaye abanyamakuru yavuze ko ubuyobozi bwa APR FC bwemera
ko ikipe ititwaye uko byari byitezwe, maze asaba imbabazi abafana bose.
Yagize ati:
"Ku bakunzi ba APR FC n'abakunzi ba ruhago muri rusange mwari mwaje
kudushyigikira mu mukino ubanza wa CECAFA Kagame Cup, mu izina rya APR FC
ndagira ngo nsabe imbabazi ko twaraye tubabihirije intangiriro y'irushanwa.
Abakinnyi bitwaye nabi cyane."
Yakomeje
avuga ko akimara kurangira umukino yahise ajya kuganira n'abatoza ndetse
n'abakinnyi, ababwira ko umusaruro bagaragaje utari ukwihanganirwa.
Ati:
"Nyuma y'umukino nafashe umwanya wo guhita mbasanga aho bari bari. Abatoza
n'abakinnyi nabagaragarije ko ibyo bakoze bidafite uko bivugwa, dusoza basaba
imbabazi mwese kandi bahiga ko intego ari intsinzi. Nanjye mu izina rya bose,
ndongera kubasaba imbabazi ngo muzaze abakinnyi bahigure. Murakoze."
APR FC
yinjiriye uyu mwaka w'imikino wa 2026/27 ifite icyizere kinini nyuma yo
kwiyubaka igura abakinnyi bashya bitegura amarushanwa arimo na CAF Champions
League. Icyakora, gutsindwa umukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup ku buryo
bukomeye byahise bituma itangira umwaka mu buryo butari bwitezwe.
Nyuma y'iyi
ntsinzwi ikomeye, APR FC irasabwa kwisubiraho mu mukino wayo wa kabiri, aho
izacakirana na Garde Républicaine FC yo muri Djibouti ku wa Mbere tariki ya 27
Nyakanga 2026 kuri Stade Amahoro, ishaka amanota yatuma yisubiza icyizere
ndetse ikomeza guhatanira kurenga amatsinda.
