Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye imbabazi nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia

Imikino - 25/07/2026 4:06 PM
Share:

Umwanditsi:

Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye imbabazi nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia

Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda akaba n'Umuyobozi w'Icyubahiro Wungirije wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga, yavuze ko yababajwe cyane no kuba iyi kipe yanyagiwe na Gor Mahia, ashimangira ko abakinnyi bemeye amakosa bakoze ndetse biyemeza kwisubiraho.


Ku munsi wejo ku wa Gatanu ni bwo kuri Stade Amahoro hatangijwe irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026. APR FC yari ihanzwe amaso cyane nk'ikipe ihagarariye u Rwanda, ariko yatunguwe n'intsinzwi ikomeye ya Gor Mahia yayitsinze ibitego 5-0.

Ni umukino wasize abafana ba APR FC bacitse intege, bamwe batangira no gushidikanya ku mahirwe y'iyi kipe yo kurenga amatsinda.

Mu butumwa Gen Mubarakh Muganga yahaye abanyamakuru yavuze ko ubuyobozi bwa APR FC bwemera ko ikipe ititwaye uko byari byitezwe, maze asaba imbabazi abafana bose.

Yagize ati: "Ku bakunzi ba APR FC n'abakunzi ba ruhago muri rusange mwari mwaje kudushyigikira mu mukino ubanza wa CECAFA Kagame Cup, mu izina rya APR FC ndagira ngo nsabe imbabazi ko twaraye tubabihirije intangiriro y'irushanwa. Abakinnyi bitwaye nabi cyane."

Yakomeje avuga ko akimara kurangira umukino yahise ajya kuganira n'abatoza ndetse n'abakinnyi, ababwira ko umusaruro bagaragaje utari ukwihanganirwa.

Ati: "Nyuma y'umukino nafashe umwanya wo guhita mbasanga aho bari bari. Abatoza n'abakinnyi nabagaragarije ko ibyo bakoze bidafite uko bivugwa, dusoza basaba imbabazi mwese kandi bahiga ko intego ari intsinzi. Nanjye mu izina rya bose, ndongera kubasaba imbabazi ngo muzaze abakinnyi bahigure. Murakoze."

APR FC yinjiriye uyu mwaka w'imikino wa 2026/27 ifite icyizere kinini nyuma yo kwiyubaka igura abakinnyi bashya bitegura amarushanwa arimo na CAF Champions League. Icyakora, gutsindwa umukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup ku buryo bukomeye byahise bituma itangira umwaka mu buryo butari bwitezwe.

Nyuma y'iyi ntsinzwi ikomeye, APR FC irasabwa kwisubiraho mu mukino wayo wa kabiri, aho izacakirana na Garde Républicaine FC yo muri Djibouti ku wa Mbere tariki ya 27 Nyakanga 2026 kuri Stade Amahoro, ishaka amanota yatuma yisubiza icyizere ndetse ikomeza guhatanira kurenga amatsinda.




Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...