Ubutunzi bwe buri gutumbagira cyane! Umukire wa kabiri muri Afurika arakoza imitwe y'intoki kuri Miliyari $20

Ubukungu - 13/01/2026 1:36 PM
Share:

Umwanditsi:

Ubutunzi bwe buri gutumbagira cyane! Umukire wa kabiri muri Afurika arakoza imitwe y'intoki kuri Miliyari $20

Umukire wa mbere muri Afurika y’Epfo ndetse akaba n’umuntu wa kabiri ukize kurusha abandi ku mugabane wa Afurika, Johann Rupert, akomeje gutumbagira cyane mu butunzi bwe aho abura gato akuzuza Miliyari 20 z’amadolari ya Amerika. Ubutunzi bwe buri kwiyongera cyane kurusha uko byari bimeze mu myaka mike ishize.

Mu kwezi k’Ukuboza, umutungo wa Rupert wari ugeze kuri miliyari 19.1 z’amadolari, nk’uko bigaragazwa n’urutonde rwa Bloomberg Billionaire Index. Ibi byamushyize hafi cyane yo kwinjira mu itsinda rito cyane ry’abaherwe bafite umutungo urenga miliyari 20 z’amadolari, ni ukuvuga hafi Tiriyari 30 z'amafaranga y'u Rwanda [29,163,800,000,000 Frw].

Mu ntangiriro za 2025, Johann Rupert yari ku mwanya wa 171 ku rutonde rwa Bloomberg, afite umutungo wa miliyari 13.7 z’amadolari. Nyamara, mu gihe cy’umwaka umwe gusa, yabashije kongera umutungo we ku buryo bugaragara, agera hafi ya miliyari 20 z’amadolari mbere y’uko umwaka urangira. Ibi byamushyize ku isonga nk’umukire wo muri Afurika wagize izamuka rinini kurusha abandi mu 2025.

Nubwo Aliko Dangote akomeje kuguma ku mwanya w’umukire wa mbere muri Afurika, afite umutungo wa miliyari 30 z’amadolari, izamuka ry’umutungo we ntiryabaye rinini nk’irya Rupert. Dangote yatangiye 2025 afite miliyari 28.1 z’amadolari, aza kuyongeraho miliyari $1.9, agera kuri miliyari $30.

Ku rundi ruhande, Rupert we yatangiye umwaka afite miliyari $13.7, awusoza afite miliyari $19.1, bivuze ko yungutse miliyari 5.4 z’amadolari mu mwaka umwe, ari na ko kongera umutungo gukomeye kwabayeho mu baherwe bose bo muri Afurika muri uwo mwaka w’imari. Nubwo atabashije kugera kuri miliyari $20 mbere y’uko umwaka urangira, yaje kuyegera cyane.

Mu gutangira umwaka mushya wa 2026, Johann Rupert yisanze yegereye iyo ntego kurusha mbere. Kuri ubu, nk’uko Bloomberg Billionaire Index ibigaragaza, umutungo we ugeze kuri miliyari 19.7 z’amadolari, bivuze ko asigaje miliyoni $300 gusa ngo yinjire mu itsinda ry’abaherwe bafite miliyari 20 z'amadorali y'Amerika.

Iyo raporo kandi igaragaza ko mu isuzuma rya vuba, umutungo we wiyongereyeho miliyoni 241 z’amadolari, mu gihe inyungu amaze kunguka kuva umwaka watangira ari miliyoni 189 z’amadolari.

Ibyemezo n’ishoramari byagize uruhare mu kuzamuka k’umutungo we

Mu kwezi gushize, Johann Rupert yatangaje ko ateganya gukomeza kwagura no gushimangira ijambo rye mu rwego rw’ubuvuzi bwigenga. Sosiyete ye y’ishoramari Remgro, ifatanyije na Mediterranean Shipping Company (MSC), yaguze imigabane yose ya Mediclinic Southern Africa.

Ku rundi ruhande, Investment Holding Limited S.à r.l. (IHL), ishami rya MSC rifite ububasha bwose, ryafashe ubuyobozi bwuzuye bwa Hirslanden, ishami rya Mediclinic rikorera mu Busuwisi.

Mediclinic Southern Africa ifite ibigo by’ubuvuzi 50, ibitanda 8,991 n’abakozi barenga 21,400, ikaba ari ikigo cya gatatu kinini mu by’ubuvuzi bwigenga muri Afurika y’Epfo.

Richemont yakomeje gutanga umusaruro mwiza

Sosiyete ya Richemont, ari yo Rupert yashyizemo ishoramari rinini mu bicuruzwa by’agaciro (luxury goods), nayo yagize umwaka mwiza cyane. Nyuma y’uko igurishwa ry’imitako rigeze ku rwego rwo hejuru, iyi sosiyete yatangaje ko yinjije miliyari 12.3 z’amadolari mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wayo w’imari.

Raporo igaragaza ko mu gice cya mbere cy’umwaka w’imari, Richemont yagize izamuka rya 10% mu igurishwa rishingiye ku ivunjisha rihamye, n’izamuka rya 5% mu mibare nyayo.

Amafaranga yinjijwe yariyongereye ava kuri miliyari €10.08 ($11.71bn) agera kuri miliyari €10.62 ($12.33bn), bigaragaza ko ibikorwa byayo byari ku murongo mwiza.

Johann Rupert akomeje kwandika amateka mashya mu bukungu bwa Afurika, aho asigaje intambwe nto cyane ngo yinjire mu itsinda ry’abaherwe bake cyane ku isi bafite umutungo urenga miliyari 20 z’amadolari.

Umukire wa mbere muri Afurika y’Epfo ndetse akaba n’umuntu wa kabiri ukize kurusha abandi muri Afrika, Johann Rupert


Ibitekerezo (0)

    Inkuru nyamukuru

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...

    Inkuru bijyanye

    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...
    Loading...